SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi
Andi makuru

Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: September 11, 2023
Share
SHARE

Mu Cyumweru gishize benshi batunguwe no kubona bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye inama y’Ihuriro ry’ibihugu 20 bikize ku Isi, G20 batambaye inkweto kugeza n’aho bamwe bazikuyemo burundu basigarana ibirenge gusa.

Amafoto y’aba bakuru b’ibihugu bambaye ibirenge yatangiye gucicikana ku Cyumweru. Yafashwe ubwo bakirwaga na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi mu gace ka Rajghat karimo Urwibutso rwagenewe Mahatma Gandhi wafashije u Buhinde kugera ku bwigenge.

Nk’uko bisanzwe ku bandi bose basura aka gace, abarimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron; Perezida wa Argentine, Alberto Fernandez; uwa Indonesie, Joko Widodo na Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz basabwe gukuramo inkweto.

Icyakora iri bwiriza ntiryubahirijwe mu buryo bwuzuye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden na Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong kuko bo bagaragaye bambaye amasogisi n’inkweto zifunguye.

Ni itegeko ku muntu wese usuye aka gace ko agatambagira yambaye ibirenge kuko bifatwa nko guha icyubahiro iyi ntwari.

Aka gace kandi gafatwa nk’urwibutso rukomeye rw’intambara Abahinde barwanye kugira ngo babone ubwigenge ari nayo mpamvu kubahwa cyane.

Gandhi yayoboye impinduramatwara itamena amaraso yagejeje u Buhinde ku bwigenge yivana mu nzara z’abakoloni b’Abongereza.

Benshi mu Bahinde bamufata nk’umubyeyi w’igihugu, nubwo Abahindu bamushinja kwikundisha cyane ku bayisilamu byatumye u Buhinde bucikamo kabiri hakavuka u Buhinde na Pakistan.

Gandhi yishwe n’umuhezanguni w’umuhindu muri Mutarama 1948.

Nyuma y’urupfu rwe, umubiri we waratwitswe ariko ntabwo ivu rye ryamenwe mu mazi nkuko biri mu migenzo y’Abahindu.

Iryo vu ryarabitswe, rikwirakwizwa mu nzibutso ziri hirya no hino mu gihugu zirimo n’uru ruri muri aka gace ka Rajghat

Paul Biya yongeye gusabwa kwiyamamariza kuyobora Cameroun
Tonzi abaye umuhanzi wa mbere uririmba indirimbo zo guhimbaza ugurishije alubumu ye Miliyoni y’amanyarwanda
Lt Gén Masuzu yasabye ingabo za FARDC guhagukura zishikamye zikirukana M23
PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga
.#Kwibuka31 : Nyarugenge: Hibutswe Abatutsi biciwe muri Camp Kigali n’abahoze ari abasirikare ba FAR bafatanyije n’Interahamwe
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Poker Perth Casino

February 25, 2025

What Are The Best Free Online Card Games And Slots Available In Ireland

May 28, 2024

Online Casino Bonus No Deposit Australia

February 25, 2025

Sito Slot Online

May 28, 2024

Bonus Casino Free Australia

February 25, 2025

Do Australian Casinos Offer Online Pokies

September 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?