SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga
Andi makuru

PDiddy yikomye inzego za Leta ashyize ubuzima bwe mu kaga

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul
Published: October 10, 2024
Share
SHARE

Icyamamare mu njyana ya  Hip Hop Sean “Diddy” Combs umaze iminsi ari mu butabera akurikiranyweho ibyaha byiganjemo ibyo gufata abagore ku ngufu, yashinje inzego zishinzwe umutekano muri Amerika n’abashinjacyaha, gushyira hanze amakuru y’ibyo aregwa mu buryo butemewe n’amategeko kugira ngo hangizwe isura ye.

Ibi byagarutsweho n’abunganira uyu muhanzi mu kirego batanze kuri uyu wa Kabiri tariki 9 Ukwakira.

Marc Agnifilo na Teny Geragos bunganira uyu muhanzi bavuga ko gushyira hanze aya mabanga byangije byinshi, bikaba byazatuma atabona ubutabera buboneye. Bavuga ko hakwiriye gukorwa iperereza kuri iyi myitwarire ya zimwe mu nzego z’umutekano.

Aba banyamategeko b’uyu muhanzi batunga agatoki ku mashusho ye yagiye hanze akubita Casandra Ventura wamenyekanye nka Cassie, bahoze bakundana.

Aya mashusho yashyizwe hanze na CNN muri Gicurasi uyu mwaka bituma uyu muhanzi asaba imbabazi nyuma yo kujya hanze kwayo.

Diddy wafunzwe ku wa 16 Nzeri uyu mwaka, ahakana ibyaha aregwa byose. N’ubwo bimeze gutyo ariko urukiko rwanze ingwate yatanze ya miliyoni 50$ kugira ngo aburane ari hanze.

Marc Agnifilo wunganira uyu muhanzi yatangaje ko bashaka ko urubanza rwe rwihutishwa. Ati “Leta yaramufunze, ishaka ko aguma muri gereza ariko tugiye gukora buri cyose gishoboka kugira ngo urubanza rwe rwihute.”

P.Diddy akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha izina rye cyangwa igitinyiro agashora abantu mu busambanyi nyuma yo kubatera ubwoba, gusahura no gucuruza abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Uyu muraperi ashobora guhanishwa igifungo cy’imyaka 15 cyangwa igifungo cya burundu aramutse ahamwe n’ibi byaha.

Abanyamerika batatu bashinjwa gushaka guhirika ubutegetsi muri DRC bagabanyirijwe ibihano na Tshisekedi
Ed Sheeran yarahiye ko atazongera gukoresha ibiyobyabwenge nyuma y’urupfu rwa Pal Jamal
Musanze Polisi yarashe Umujura ahasiga ubuzima
Abagenzi  bamaze amasaha 15 mu kirere nyuma yo gufungirwaho ikibuga cy’indege na Qatar
Kiliziya Gatolika ikeneye Miliyari 4.2Frw yo kugura ubutaka buzajyaho imishinga 20
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Celtic Casino Review And Free Chips Bonus

May 28, 2024

Lucky Horse Casino Bonus Codes 2024

May 28, 2024

Glory Casino App

May 28, 2024

Sofia Casino Bonus Codes 2024

May 28, 2024

Best Casino 2023

May 28, 2024

One Slot Machine

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?