SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi
Andi makuru

Amafoto Abayobozi ba G20 bambaye ibirenge akomeje kuvugisha benshi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/09/11 at 8:42 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Mu Cyumweru gishize benshi batunguwe no kubona bamwe mu Bakuru b’Ibihugu bitabiriye inama y’Ihuriro ry’ibihugu 20 bikize ku Isi, G20 batambaye inkweto kugeza n’aho bamwe bazikuyemo burundu basigarana ibirenge gusa.

Amafoto y’aba bakuru b’ibihugu bambaye ibirenge yatangiye gucicikana ku Cyumweru. Yafashwe ubwo bakirwaga na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi mu gace ka Rajghat karimo Urwibutso rwagenewe Mahatma Gandhi wafashije u Buhinde kugera ku bwigenge.

Nk’uko bisanzwe ku bandi bose basura aka gace, abarimo Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak; Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron; Perezida wa Argentine, Alberto Fernandez; uwa Indonesie, Joko Widodo na Chancelier w’u Budage, Olaf Scholz basabwe gukuramo inkweto.

Icyakora iri bwiriza ntiryubahirijwe mu buryo bwuzuye na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden na Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong kuko bo bagaragaye bambaye amasogisi n’inkweto zifunguye.

Ni itegeko ku muntu wese usuye aka gace ko agatambagira yambaye ibirenge kuko bifatwa nko guha icyubahiro iyi ntwari.

Aka gace kandi gafatwa nk’urwibutso rukomeye rw’intambara Abahinde barwanye kugira ngo babone ubwigenge ari nayo mpamvu kubahwa cyane.

Gandhi yayoboye impinduramatwara itamena amaraso yagejeje u Buhinde ku bwigenge yivana mu nzara z’abakoloni b’Abongereza.

Benshi mu Bahinde bamufata nk’umubyeyi w’igihugu, nubwo Abahindu bamushinja kwikundisha cyane ku bayisilamu byatumye u Buhinde bucikamo kabiri hakavuka u Buhinde na Pakistan.

Gandhi yishwe n’umuhezanguni w’umuhindu muri Mutarama 1948.

Nyuma y’urupfu rwe, umubiri we waratwitswe ariko ntabwo ivu rye ryamenwe mu mazi nkuko biri mu migenzo y’Abahindu.

Iryo vu ryarabitswe, rikwirakwizwa mu nzibutso ziri hirya no hino mu gihugu zirimo n’uru ruri muri aka gace ka Rajghat

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul September 11, 2023 September 11, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Indirimbo Best Friend yasibwe kuri youtube n’abantu bataramenyekana

November 28, 2024
Imikino

Ishyirahamwe ry’umukino wa Pickleball ryasobanuye icyo uwo mukino ufasha umubiri

June 4, 2024
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Kazakhstan Kassym-Jomart Tokayev

May 28, 2025
Imyidagaduro

Miss Jolly yegukanye igihembo cy’uvuga rikijyana muri Zikomo Awards

November 20, 2023
Imyidagaduro

Urubyiruko rwibumbiye muri RwOT rwasuye Ingoro Ndangamurage yo ku Mulindi w’Intwari,

July 10, 2023
Imyidagaduro

Ariel Wayz yifurije Juno Kizingenza isabukuru nziza mi magambo aryoheye amatwi

November 23, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?