SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Sintex yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we uba muri Canada
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Sintex yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we uba muri Canada
Imyidagaduro

Sintex yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we uba muri Canada

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/24 at 6:02 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Sintex uri mu bahanzi b’abahanga unafite ijwi riryohera benshi mu bakunda injyana ya Dancehall, yasezeranye mu Murenge n’inkumi biyemeje kurushinga.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 24 Kanama 2023, aho uyu muhanzi yasezeraniye mu Murenge wa Kimironko n’uyu mukobwa uzwi nka Shadia.

Bivugwa ko Sintex amaze igihe akunda n’uyu mukobwa uba muri Canada nubwo urukundo rwabo rwakomeje kugirwa Ibanga.

Uyu muhanzi ubusanzwe witwa Kabera Arnold ni mukuru wa Nkusi Arthur, umwe mu banyarwenya bakomeye mu Rwanda. Aba bombi bavuka kuri Mazimpaka Kennedy, umwe mu basaza bafite impano zihariye mu ngeri zinyuranye z’ubuhanzi.

Sintex yavutse mu 1989, mu Mujyi wa Kampala muri Uganda. Aza mu Mujyi wa Kigali akiri umwana.

Yize amashuri abanza kuri La Colombière, nyuma ababyeyi baza kumujyana kwiga muri Uganda mu mashuri yisumbuye, agaruka mu Rwanda asoje. Yize amateka, ubukungu n’ubumenyi bw’Isi, afata n’amasomo yo gushushanya ndetse n’aya Bibiliya.

Kuva yasoza amashuri yisumbuye ntabwo yahisemo gukomeza amasomo ye ahubwo yahise ahanga amaso umuziki.

Yabanje gukora muri Ndori Supermarket mu gihe cy’umwaka ari we ushinzwe kuyikurikirana, yabitse amafaranga ashaka guhita ajya mu muziki aza kugira uburwayi bwatumye ayivuzamo yose arashira, nyuma akize aza gukomeza umuziki.

Uyu muhanzi yatangiye gukora indirimbo mu 2012 ariko mu 2017 aba aribwo atangira kumenyekana ubwo yakoraga indirimbo yise ‘Why’ akimara gusinya amasezerano na Arthur Nation ahuriyemo na murumuna we Nkusi Arthur.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul August 24, 2023 August 24, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Rutahizamu Alsény Camara yijeje Aba-Rayons kuzitwara neza !

November 23, 2023
Imyidagaduro

Igitaramo cya Swangz Avenue All Star kimuriwe umwaka utaha

December 16, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka30 : Isimbi Model yagaragaje agahinda aterwa na se wishwe mu Jenoside atabonye aho umukobwa we ageze

April 9, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Habimana Thomas yatanze Kandidature nk’umukandida wigenga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu

May 29, 2024
Andi makuru

Kigali hateraniye inama ya ATDF yiga uko isoko rya afurika ryabyazwa umusaruro

December 2, 2024
Iyobokamana

Antoinnette Rehema yashyize hanze indirimbo nshya yise ibinezaneza

January 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?