SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: I Kigali hateguwe ibirori bihenze kurusha ibindi bizahuriramo Davido, Tiwa Savage na Tyla
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > I Kigali hateguwe ibirori bihenze kurusha ibindi bizahuriramo Davido, Tiwa Savage na Tyla
Andi makuru

I Kigali hateguwe ibirori bihenze kurusha ibindi bizahuriramo Davido, Tiwa Savage na Tyla

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/18 at 12:59 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Davido, Tiwa Savage na Tyla bategerejwe mu gitaramo gisoza Iserukiramuco “Giants Of Africa” bagiye kubanza guhura n’abakunzi babo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 18 Kanama 2023, mbere yo gutaramira Abanya-Kigali.

Ni igitaramo giteganyijwe mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Kanama 2023 muri La Noche aho kwinjira bisaba ibihumbi 50 Frw na miliyoni 2 Frw ku meza y’abantu 10.

Kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga, ubuyobozi bw’aka kabyiniro bwari bwamaze kwemeza ko ameza yose yaguzwe.

DJ TOxxyk, Kevin Klein, DJ Yvezz na DJ Thunder ni bo bacurangira abakunzi b’umuziki bitabira iki gitaramo guhera saa Yine z’ijoro.

Ni umwanya wo guhura n’abakunzi babo mbere y’uko bataramira muri BK Arena ku wa 19 Kanama 2023 muri BK Arena mu gitaramo bazahuriramo na Bruce Melodie.

Davido wageze i Kigali mu rukerera rwo ku wa 17 Kanama 2023 ni inshuro ya gatatu agiye gutaramira i Kigali mu gihe Tiwa Savage na Tyla bakiri mu nzira ari inshuro ya mbere bagiye kuririmbira imbere y’abaturarwanda.

Hagati aho abazaba bageze muri BK Arena mbere ya saa Saba bazahatanira amatike azatuma babasha gusabana n’abahanzi bazaririmba.

Abanyamahirwe bazatsindira gusabana n’aba bahanzi, bazagira amahirwe yo guhura na bo baganire ndetse babe banafatana amafoto y’urwibutso.

 

You Might Also Like

Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Algeria (Amafoto)

Uganda : Ingabo za UPDF zaburijemo igitero cy’iterabwoba I Munyonyo hagwa babiri

Martin Fayulu udacana uwaka na Tshisekedi biyemeje gufatanya kurwanya Joseph Kabila

I Kigali hateraniye inama itegura ibikorwa by’ingabo za EAC biteza imbere abaturage

RIB yasabye abanyarwanda kwirinda ababashukisha akazi keza mu mahanga bizezwa ubuzima bwiza

Nsanzabera Jean Paul August 18, 2023 August 18, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuryango w’umunyamakuru Julius Chita uri mu byishimo nyuma yo kwibaruka ubuheta

May 1, 2024
Imyidagaduro

Ruger yatandukanye n’inzu yamufashaga mu muziki we

February 8, 2024
Andi makuru

Ihuriro ry’Urubyiruko rw’Abaskuti mu Rwanda rwatoye komite nshya izaruyobora

February 19, 2024
Andi makuru

Hotel Muhabura yafashwe n’inkongi y’umuriro bimwe mu bikoresho birakongoka

October 14, 2024
Imyidagaduro

Ariel Wayz,Mike Kayihura na Sauti Sol banyuze benshi mu bitabiriye igitaramo cya Sol Fest

December 1, 2024
Imyidagaduro

Prosper Nkomezi yakoreye igitaramo I Huye ahembura imitima ya benshi

February 13, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?