SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ubuzima bwa Celine bukomeje kumera nabi nyuma yo kubura imiti y’indwara imurembeje
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Ubuzima bwa Celine bukomeje kumera nabi nyuma yo kubura imiti y’indwara imurembeje
Imyidagaduro

Ubuzima bwa Celine bukomeje kumera nabi nyuma yo kubura imiti y’indwara imurembeje

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/08/05 at 12:08 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Ubuzima bwa Céline Dion bukomeje kugana ahabi nyuma yo kurwara indwara ifata ubwonko mu mpera ya 2022 kugeza n’ubu ntarabona imiti imufasha guhangana n’ubu burwayi nk’uko byemezwa na mukuru we Claudette Dion.

Mu Ukuboza 2022 ni bwo Céline Marie Claudette Dion yarwaye indwara ifata imitsi ijyana amaraso mu bwonko ndetse no mu rutirigongo bigatuma iyi mitsi ijyana amakuru ku bwonko idakora neza.

Amakuru mashya ku buzima bwa Céline Dion avuga ko nta kirahinduka ku burwayi bwe kuko yabuze imiti imufasha kwivuza iyi ndwara.

Ibi ni byatangajwe na mukuru we Claudette Dion mu kiganiro yagiranye na Le Journal de Montréal.

Ati “Ntiturabona imiti ikora neza, gusa kugira ibyiringiro ni byo by’ingenzi. Turi gukorana cyane n’abashakashatsi b’inzobere ku bantu bari mu bihe nk’ibi bidasanzwe.”

“Iyo muhamagaye aba ahuze cyane, mvugana na Linda uri kumwitaho yambwiye ko ari gukora cyane, akorana n’abashakashatsi b’inararibonye ku ndwara nk’iyi, gusa Celine ndamwizera na we ubwe ari gukora ibishoboka arebe ko yasubira mu buzima busanzwe.”

Uyu muhanzikazi w’imyaka 55 arwariye mu rugo rwe ruri Las Vegas rufite agaciro ka miliyoni 1.2$ , ari kumwe n’abahungu be babatu René-Charles, Eddy na Nelson.

Iyi ndwara Stiff Person Syndrome ifata mu bice by’ubwonko bw’umuntu ndetse no mu rutirigongo, bigatuma atabasha kuvuga cyangwa kugenda.

Abashakashatsi ntibaremeza neza igitera iyi ndwara gusa bavuga ko ifitanye isano n’izindi ndwara zituma ubwirinzi bw’umubiri budatandukanya utunyangingo tw’umubiri n’utuvuye hanze bigatuma ubwirinzi bwawo bwibeshya bukibasira utunyangingo dusanzwe.

Ikigo NINDS (National Institute for Neurological Disorders and Stroke) kivuga ko iyi ndwara irangwa no gukanyarara kw’imitsi ku buryo umuntu atabasha kunama cyangwa kwihindukiza, kugira uburibwe mu mitsi ndetse ikaba yatitira ku bice bimwe na bimwe by’amaboko cyangwa amaguru.

Bituma uyirwaye atabasha kuvuga cyangwa kuva mu mwanya umwe ajya mu wundi. Ikindi ntashobora kuva mu nzu ngo ajye hanze ahantu hari urusaku kuko amahoni y’imodoka amubangamira ndetse ikintu cyose gituma agira amarangamutima azirana na cyo.

Ibi iyo bibaye bishobora gutuma imitsi yikoresha bidaturutse ku mahitamo ye. Na none uyirwaye ashobora kugaragaza imyifatire idasanzwe ku buryo amera nk’ufite ubumuga bw’ingingo.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul August 5, 2023 August 5, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Uganda: Perezida Museveni yasezeyeho bwa nyuma Minisitiri Col(Rtd) Charles Engola Okello

May 11, 2023
Andi makuru

Abagize Komite z’abaturage mu kwicungira umutekano biyemeje kurwanya ibyaha bitaraba aho batuye

December 16, 2024
Andi makuru

Musanze: imbogo zongeye kwishora mu baturage ziraraswa

January 19, 2025
Imyidagaduro

Otile Brown yibiwe Mudasobwa zihenze ku kibuga cya ‘Nyerere International Airport’

January 18, 2023
Imyidagaduro

Kim Kardashian ntiyorohewe no kurera abana yabyaranye na Kanye West batari kumwe

May 22, 2023

Burna Boy yateguje igitaramo muri Kenya Umwaka utaha

December 11, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?