SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Album my Dream ya Bwiza yaguzwe arenga Miliyoni n’umukinnyi wa Filime Mutoni Assia
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Album my Dream ya Bwiza yaguzwe arenga Miliyoni n’umukinnyi wa Filime Mutoni Assia
Imyidagaduro

Album my Dream ya Bwiza yaguzwe arenga Miliyoni n’umukinnyi wa Filime Mutoni Assia

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/07/21 at 11:06 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umukinnyi wa filime uri mu bakomeye usigaye ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’umuryango we, Mutoni Assia yatangaje ko yaguze album “My Dream” y’umuhanzikazi Bwiza $1000 [Miliyoni 1,176,666.00 Frw] nyuma yo kumva zimwe mu ndirimbo ziyigize.

Iyi album iri ku isoko kuva ku wa Kabiri tariki 18 Nyakanga 2023, aho ubasha kuyumva unyuze ku rubuga rwa wwww.bwiza.rw. Igizwe n’indirimbo 14 uyu mukobwa yakoranye n’abahanzi bo mu Rwanda n’abo mu mahanga.

Mu mashusho yashyize hanze, Mutoni Assia yavuze ko yafashe igihe gihagije cyo kumva buri ndirimbo igize iyi album ya mbere y’uyu mukobwa wo mu inzu ifasha abahanzi ya Kikac.

Ati “Numvise ari ibintu byiza cyane. Kandi mu by’ukuri dukore ikintu cyo gushyigikira umuntu agihari dushimire ibyiza amaze kugeraho.”

Mutoni wamenyekanye muri filime zirimo nka ‘City Maid’ na ‘Seburikoko’ avuga ko ashingiye ku buryo izi ndirimbo zikoze ni ‘nziza’ kandi zifite ‘ubuhanga’.

Yasabye abantu gushyigikira Bwiza, kuko ari gukora akazi katoroshye kandi gasaba ubwitange. Yavuze ko ari muri urwo rwego, yahisemo kugura album ye amadorali 1000 [Ararenga Miliyoni 1].

Iyi album iragura ibihumbi 10Frw ku rubuga rwa Internet. Ariko hanashyizweho uburyo ushobora gushyigikira ibikorwa bya Bwiza aho ushobora kugura iyi album ushingiye ku bushobozi bwawe.

Mutoni asaba buri wese ufite umutima wo gushyigikira umuziki kwitanga uko ashobojwe akagura iyi album.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul July 21, 2023 July 21, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Ihuriro AFC/M23 washinje Leta ya Kinshasa igitero cyaguyemo abantu 11 i Bukavu

February 28, 2025
Andi makuru

Umuraperi Kendrick Lamar ategerejwe i kigali mu bitaramo cyiswe Move Afrika: Rwanda”

November 3, 2023
Imikino

Sitting Volleyball: U Rwanda rwasezerewe mu Gikombe cy’Isi!

November 17, 2023
Imyidagaduro

Irene Ntale mu byishimo byinshi nyuma yo kwambikwa Impeta n’umukunzi we

November 29, 2024
Imyidagaduro

Umuhanzi Costa Titch yaguye ku rubyiniro ahita yitaba Imana

March 13, 2023
Imyidagaduro

Irene Ntale yakoze umuhango witwa Kukyala yerekana umukunzi we mu muryango

January 4, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?