SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Producer Li John  Aritegura gushyirira hanze alubumu 4 icyarimwe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Producer Li John  Aritegura gushyirira hanze alubumu 4 icyarimwe
Imyidagaduro

Producer Li John  Aritegura gushyirira hanze alubumu 4 icyarimwe

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2023/06/14 at 9:58 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Iradukunda Jean Aimé wamenyekanye nka Li John ageze kure umushinga w’indirimbo 48 zizaba zigize album enye ari gukoraho ndetse yitegura gushyira hanze umwaka utaha.

Lil John yatangarije Ahupa Visual Radio ko uyu ari umushinga mugari yatangiye kugira ngo akomeze guteza imbere muzika Nyarwanda no gukora ibihangano byinshi bishoboka.

Yagize ati “Ngeze kure umushinga wa album enye nzashyirira hanze icyarimwe. Ubu maze gukora indirimbo zigize album imwe, izindi na zo narazitangiye ariko ntabwo zirarangira gusa mu mwaka utaha mu 2024, izi ndirimbo zose zizaba zararangiye.”

Yakomeje ati “Ni mu rwego rwo kwaguka nk’umuhanzi nkakora ibihangano byinshi kandi by’umwimerere, ikindi nshaka guteza imbere umuziki Nyarwanda kuko hari abahanzi bamwe muzamenya kubera kubashyiraho batari basanzwe bazwi.’’

Uyu musore avuga ko izi album hari indirimbo ziriho yamaze guhurizaho abahanzi batandukanye bakomeye mu Rwanda, ndetse hakaba n’abandi bakiri kuvugana bitewe n’uko buri wese akurikije ubuhanga azagenda amusaba ko bakorana.

Kuri ubu Li John yashyize hanze indirimbo ye ya mbere yise “Ready Now” yahuriyemo na Marina na Afrique.

Li John ukorera muri studio ya Storykast Records yatangiye ibikorwa byo kuririmba bwa mbere mu ndirimbo isezera umuraperi Jay Polly yasohotse mu 2021.

Li John ni umwe mu ba Producer bagaragazaga amashagaga muri muzika Nyarwanda yarambitse ibiganza ku ndirimbo nyinshi zakunzwe zirimo ‘Kamwe’ yahuriwemo n’abahanzi batandukanye ‘Ok’ yakoranye na Marina, ‘Truth Or Dare’ ya Davis D , ‘Kalinga’ ya Diplomate n’izindi.

Uyu musore urugendo rwo gutangira kuririmba ku giti cye yaruhereye ku ndirimbo yise ‘Imbunda’ yasohotse mu mpera za 2021.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul June 14, 2023 June 14, 2023
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

M23 yafunze ikibuga mpuzamahanga cya Goma

January 26, 2025
Imikino

Sitball: Ikipe zageze ku mikino ya nyuma ya Shampiyona zamenyekanye.

January 22, 2024
Imikino

CECAFA U18: U Rwanda rwasezerewe na Uganda muri ½

December 5, 2023
Imikino

Stade Amahoro izakinirwaho imikino 2 gusa ya shampiyona 2024 2025

July 9, 2024
Imyidagaduro

Imbuto Foundation yahembye abahize abandi mu irushanwa rya ArtRwanda-Ubuhanzi

December 7, 2024
Andi makuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yitabiriye inama ya 21 y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC mu Burundi

May 30, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?