SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Album 25 Shades ya Bwiza izamurikwa ku mugaragaro nyuma y’Icyunamo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Album 25 Shades ya Bwiza izamurikwa ku mugaragaro nyuma y’Icyunamo
Imyidagaduro

Album 25 Shades ya Bwiza izamurikwa ku mugaragaro nyuma y’Icyunamo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/02 at 2:50 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzikazi Bwiza uherutse gukorera I Burayi igitaramo cyo kumurika album yise 25 Shades yigije inyuma igihe cyo kuyishyira ku isoko bitewe n’uko yabyemeranyijeho na sosiyete yitwa Empire izayicuruza.

Ubuyobozi bwa KIKAC Music bwasobanuye ko album yari kujya hanze ku itariki 28 Werurwe 2025 ariko nyuma y’ibiganiro na sosiyete yitwa Empire ari nayo izacuruza iriya album yitwa 25 Shades bemeranyije kuzayishyira hanze nyuma y’icyunamo dore ko ari nabwo bizaborohera kuyimenyekanisha.

Album ya kabiri ya Bwiza yayise 25 Shades ikaba isobanura imbaraga z’umugore. Iyo ijya hanze ku itariki yari yateganyijwe bari kuba bishyize mu mutego wo kutayamamaza bihagije bitewe n’uko bari kuba basigaranye iminsi 10 yo kuyamamaza tukabona gutangira Icyumweru cy’icyunamo kizatangira ku itariki 7 Mata 2025.

Uhujimfura Claude, umuyobozi wa KIKAC Music yatangarije umunyamakuru wa AHUPA VISUAL RADIO  ko byari ngombwa gusobanurira iyo sosiyete ya Empire ko Abanyarwanda bagomba kugira uruhare mu bikorwa byo kwibuka bityo gushyira hanze Album mu minsi yegereza kwibuka byaba bitari mu murongo mwiza.

Ati” Twaboneyeho n’umwanya wo kubigisha amateka twanyuzemo tubasobanurira impamvu kwibuka ari ngombwa, barabyumvise twemeranya kuyitondesha ikazajya hanze nyuma y’icyunamo. Album yararangiye n’abayikeneye barayigura”.

Ikiyongera kuri ibyo ni uko ukenera kuyigura yishyura ibihumbi 500 Frw akayishyikirizwa. Biteganyijwe ko ku itariki 15 Mata 2025 aribwo hazarebwa niba noneho album yajya hanze ikanamamazwa.

 

You Might Also Like

The Ben Agiye guhurira mu gitaramo kimwe n’abarimo Diamond Platnumz,Bebe Cool na Eddy Kenzo muri Uganda

RIB yaburiye abanyamakuru bashobora kwisanga mu cyaha mu kibazo cya Bishop Gafaranga

Urubanza rwa Bishop gafaranga rwaburanishirijwe mu muhezo

Sherrie Silver yashenguwe n’ihohoterwa rikorerwa umwana afasha yiyemeza kumuvuza

Maurix Baru yateguye ibitaramo yise “Karahanyuze Summer Tour”azakorera muri Canada

Nsanzabera Jean Paul April 2, 2025 April 2, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Abanyarwenya Doctall Kingsley na MCA Tricky batumiwe mu gitaramo cya ‘Iwacu Summer Comedy Festival’

April 23, 2024
Imikino

Milutin Sredojevic “Micho watozaga Libya yirukanywe nyuma yo kutitwara neza

September 17, 2024
Imyidagaduro

Koffi Olomide yahamagajwe mu bushinjacyaha

July 13, 2024
Imikino

Mukansanga Salima yahawe igihembo cya Forbes Woman Africa 2023

March 9, 2023
Imyidagaduro

Proffesor Jay yishimiye inkunga yo kwivuza yahawe na Perezida Samia Suluhu

December 13, 2023
Utuntu n'utundi

Anne Rwigara, umukobwa wa Assinapol Rwigara yitabye Imana

December 29, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?