Rutahizamu wúmunyabrazil Vinicius Junioe usanzwe akinira ikipe ye y’igihugu ndetse na Real Madrid yo muri Esipanye yavuze ikipe ikina mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cya Portugal yitwa FC Alverca .
Nkuko ibinyamakuru byinshi byo mu gihugu cya Esipanye byabyutse bibitangaza iyi kipe yaguzwemo imigabane myinshi n’itsinda rya abashoramari bo muri Brazil na Espange ariko rikuriwe n’uyu rutahizamu
Nkuko ibyo binyamakuru byakomeje kubitangaza iryo tsinda rirangajwe imbere na Vinicius Junior rayguze imigaben muri iyo iri hagati ya 70% na 80% ruyiguze n’undi muherwe wari iyifitemo witwa Ricardo Vicintin
Iyi kipe ibiyujije ku mbuga nkoranymbaga zayo yatangaje ko uwo mugabo Ricardo Vicintin yamaze kugurisha imigabane ye nítisnda ry’abashoramaribo muri Espagne na Brazil .
Si igitangaza rero kuba uyu rutahizamu Vinicius Juior yagura ikipe kuko ni umwe mu bakinnyi bahembwa agatubutse mu ikipe ya Real Madris kandi aninjiza andi menshi akura hanze y’ikibuga kubera ibikorwa byo kwamamaza amasosiyete akomeye harimo nka Nike baherutse no kugirana amasezerano yo kuzamamaza ibikorwa byarwo kugeza 2028.
Vinicius Junior abaye umwe mu bakinnyi bakiri bato bamaze kugura amakipe yabo bakiri mu kibunga nka Kylian Mbappe wahuze ikipe ya Caen ikina mu cyiciro cya kabiri mu Bufaransa ndetse na Mugenzi we N’Golo Kante nawe uherutse kwibikaho ikipe yitwa Royal Excelsior Virton ikina mu cyiciro cya gatatu mu bubiligi ibi bikaba bikomeje kwerekana y’uko hari bamwe mu bakinnyi batangiye gutera amasaziro yabo neza mu gihe bazaba batagikira ruhago .
Iyi kipe iri ku mwanya wa kabiri mu cyiciro cya kabiri muri Portugal ibarizwa mu gace bita Alverca mu birometero 15 uvuye mu murwa mukuru I Lisbon

