SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: IGP Namuhoranye yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > IGP Namuhoranye yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia
Andi makuru

IGP Namuhoranye yakiriye Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Gambia

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/02 at 3:30 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, kuri uyu wa Mbere tariki ya 2 Ukuboza 2024, yakiriye ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, Umuyobozi mukuru wa Polisi ya Gambia; Gen Seedy Muctar Touray n’itsinda ayoboye mu ruzinduko bagirira mu Rwanda ruzamara icyumweru, rugamije gushimangira ubufatanye hagati ya Polisi z’ibihugu byombi.

Mu biganiro bagiranye, IGP Namuhoranye yavuze ko ubucuti n’imikoranire hagati ya Polisi y’u Rwanda n’iya Gambia ari intambwe ishimishije kandi ko uru ruzinduko bagirira mu Rwanda ari andi mahirwe ku mpande zombi yo kunoza umubano no kwagura ubufatanye.

Yagize ati:”Hari icyizere ko iyi nama izafungura imiryango myinshi y’ubufatanye, ifashe no mu guharura inzira nziza yo gukomeza kungurana ubumenyi, gusangira ubunararibonye no gushyiraho ingamba z’ubufatanye bukomeye. Gufatanyiriza hamwe, bizadufasha gushakira ibisubizo bikwiye ibibazo by’umutekano bigenda bihindura isura uko Isi irushaho gutera imbere.”

Yakomeje agira ati: “Mu gihe dutangiye iki gika gishya cy’ubufatanye, intego yacu igomba kwibanda ku kubaka imbaraga n’ubushobozi bikenewe kugira ngo duhangane n’ibibazo by’umutekano rusange mu bihugu byacu byombi.”

IGP Namuhoranye yasobanuye ko kugira ngo ibyo bigerweho bisaba gushyira hamwe imbaraga no gutegura ingamba nziza zo kugera ku ntego ihuriweho, hatezwa imbere ubufatanye no guharanira icyerekezo kimwe, ashimira ubuyobozi bw’ibihugu byombi bwashyizeho umurunga w’ubucuti ubu bufatanye buzubakiraho.

Gen Touray mu ijambo rye, yavuze ko igihugu cye kiri mu rugendo rwo kuvugurura inzego z’umutekano zirimo na Polisi ya Gambia (GPF) abereye umuyobozi, bityo ko ari amahirwe yo kubaka ubufatanye n’izindi nzego z’umutekano zo hirya no hino ku Isi zirimo na Polisi y’u Rwanda.

Yagaragaje ko bishimiye cyane kubona no kungukira byinshi ku bijyanye n’ibyo u Rwanda rwagezeho, ashimira ubuyobozi bw’igihugu by’umwihariko bwatumye Polisi y’u Rwanda ibasha kwiyubaka no kubungabunga amahoro n’umutekano ku rwego mpuzamahanga.

Muri uru ruzinduko, Gen Touray n’itsinda ayoboye, biteganyijwe ko bazasura amwe mu mashami n’amashuri ya Polisi hirya no hino mu gihugu.

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul December 2, 2024 December 2, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde Narendra Modi yatangiye urugendo rw’akazi mu birwa bya Maurice

March 12, 2025
Andi makuru

Igisirikare cya Isirahel cyasabye Loni gusaba Hamas Lisansi

October 25, 2023
Imyidagaduro

Fally Merci wari ufite inzozi zo kuzaba rutahizamu yisanze ari umunyarwenya

February 29, 2024
Imyidagaduro

Itorero Urukerereza ryataramiye mu iserukiramuco riri kubera muri Ethiopia

March 24, 2025
Imyidagaduro

Ubuyobozi bwa Kigali Protocal bwijeje abazitabira igitaramo cyo kwizihiza imyaka 5 bazanyurwa n’imitegurire yacyo

June 28, 2023
Andi makuru

Trump yemeye kwishyikiriza urukiko

August 22, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?