SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuhanzi Nono Star yasabye urubyiruko gutora Perezida Kagame mu ndirimbo Tora Kagame
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umuhanzi Nono Star yasabye urubyiruko gutora Perezida Kagame mu ndirimbo Tora Kagame
Imyidagaduro

Umuhanzi Nono Star yasabye urubyiruko gutora Perezida Kagame mu ndirimbo Tora Kagame

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/06/20 at 10:47 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umuhanzi mu ndirimbo zijyanye na gahunda ya Leta n’Uburere mboneragihugu, Mwemerashyaka  Emmanuel uzwi  nka  Nono Star

Yashimiye Perezida Kagame  mu ndirimbo  yise “ Tora  Kagame ” ishimira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda ,Paul Kagame wabaye indashyikirwa mu kubaka ubuzima bw’abanyarwanda.

Mu kiganiro na  Ahupa  Radio  Nono Star yagarutse ku mvano y’iyi ndirimbo, avuga ko yayikoze mu rwego rwo gushimira Umukuru w’Igihugu, uhorana impanuro nziza ku baturage ayoboye.

Ati “Nyuma y’inama n’impanuro,Nyakubahwa Perezida  wa Repubulika y’u Rwanda,Paul Kagame adahwema kutugira nk’Abanyarwanda byumwihariko urubyiruko, nagize igitekerezo cyo guhimba iyi ndirimbo mushimira”.

Uyu muhanzi ukunze no kugaruka ku ndirimbo z’amatora , yavuze ko yishimira  iterambere u Rwanda rugezeho  byose  rubikesha ubuyobozi bwiza burangajwe  imbere  na  Perezida Kagame, witanze no mu bihe bikomeye ku bwo guharanira umutekano w’abanyarwanda no kubaka ahazaza habo.

Atangaza ko iyi ndirimbo ayituye abanyarwanda bo mu gihugu n’abari hanze yacyo, ndetse abibutsa ko ibyiza babona mu gihugu babikesha umuyobozi mwiza uharanira inyungu z’abo ayobora.

Mu magambo ye ashimira Umukuru w’Igihugu yagize ati “ Aho yakuye u Rwanda ni habi  cyane ariko aho arugejeje ni heza ku buryo bugaragarira  Isi yose. Umuntu uzi igihugu cy’u Rwanda mu myaka ishize n’aho rugeze  ubu, ndahamya ntashidikanya ko abona umumaro wo kugira ubuyobozi bwiza”.

Ati”Zimwe mu nama zitandukanye akunda kutugira zirimo no gukunda umurimo ndetse tukawukora tuwunoza. Ibyo byatumye numva namwita Umutoza w’Ikirenga, kandi burya ntabwo twahindura ikipe itsinda”.

Yasoje asaba urubyiruko rw’u Rwanda guhagurukana niyonk ku tariki 15 Nyakanga 2024 rukjayana kwitorera  intore izirusha intambwe  nyuma yaho bakzibyinira  intsinzi .

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul June 20, 2024 June 20, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Imam Muhsin Hendricks washyigikiraga abaryamana bahuje ibitsina yishwe arashwe

February 20, 2025
Imyidagaduro

Joe Boy yakoreye igitaramo cy’amateka I Kampala

July 29, 2024
Imyidagaduro

Sherrie Silver yahishuye agahinda yatewe na Ethiopian Airlines yataye imizigo ye

February 24, 2025
Ubuzima

Ubuyobozi bwa Dr Alfred Paul Jahn Foundation bwashyikirije imiryango170 inkunga y’ibiryo n’ibikoresho by’isuku (Amafoto)

October 3, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yageze I baku aho yitabiriye inama ya 29 yiga ku mihindagurikire y’ibihe

November 12, 2024
Imyidagaduro

Cecile Kayirebwa yatumiwe mu gitaramo cyateguwe na Maurix Baru

February 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?