SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Cyusa Ibrahim yakeje Perezida Kagame mu gitaramo Migabo Live concert cyitabiriwe n’ababyeyi be (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Cyusa Ibrahim yakeje Perezida Kagame mu gitaramo Migabo Live concert cyitabiriwe n’ababyeyi be (Amafoto)
Imyidagaduro

Cyusa Ibrahim yakeje Perezida Kagame mu gitaramo Migabo Live concert cyitabiriwe n’ababyeyi be (Amafoto)

Ahupa Radio
Last updated: 2024/06/09 at 12:07 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Mu ijoro ryo kuwa 8 Kamena 2024 Cyusa Ibrahim wamamaye mu gukora umuziki gakondo, yakoze igitaramo cye cya mbere agicyerezamo Perezida Kagame cyane ko yari yaranacyitiriye indirimbo ‘Migabo’ yamutuye.

Ni igitaramo cyabereye mu ihema rya Camp Kigali, aho umuhanzikazi Chrisy Neat ari we wabimburiye bagenzi be ku rubyiniro maze mu ndirimbo eshatu uyu mugore ukunze kwiyita ‘Nzobe idahanda’ yereka benshi ubuhanga n’ijwi rye rinyura amatwi cyane ko atari henshi yari yarataramiye.

Chrisy Neat usanzwe atunganya umuziki (Producer) mu Ibisumizi, ni umwe mu bize mu ishuri ry’umuziki ry’u Rwanda uyu munsi akaba afatanya kuririmba no gutunganya indirimbo z’abandi.

Nyuma y’uyu muhanzikazi hakurikiyeho Mariya Yohana na we ukunzwe n’abatari bake cyane ko ari umwe mu bahanzi bamaze igihe mu muziki.

Mariya Yohana wataramiye abakunzi be binyuze muri nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe, yavuye ku rubyiniro akurikirwa na Ruti Joel.

Ruti Joel wamaze kwigarurira imitima y’abato n’abakuru, yongeye gushimangira ubuhanga bwe mu muziki, akora ku mitima ya benshi ubwo yasubiragamo indirimbo ‘Low key’ ya Yvan Buravan.

Nyuma ya Ruti Joel, hagombaga guhita hakurikiraho Cyusa Ibrahim, icyakora mbere y’uko ajya ku rubyiniro babanje gucuranga amashusho y’icyivugo cye anacyezamo Perezida Kagame.

Mbere y’uko yinjira ku rubyiniro, habanje gushyirwa igihangano kigaragaza ‘Igipfunsi’ cyamamaye nk’ikirango cy’Umuryango FPR Inkotanyi mu matora, iki kikaba cyari ikimenyetso cyo kugaragaza ko uyu ari we mukandida Cyusa yumva azashyigikira mu matora ateganyijwe muri Nyakanga 2024.

Ahereye ku ndirimbo ‘Migabo’ yakoreye Perezida Kagame kugeza ku zindi nyinshi ze, Cyusa wanyuzagamo akavangamo iz’abandi bahanzi ndetse na nyinshi zifashishijwe ku rugamba rwo kubohora Igihugu yataramiye abakunzi be mu gitaramo yaciyemo ibice bibiri.

Ubwo yari arangije igice cya mbere, mu gihe yari agiye kuruhuka, Itorero Inganzo Ngari ryamukoreye mu ngata maze si ugususurutsa abakunzi be karahava.

Cyusa yongeye gusubira ku rubyiniro abanza gushimira umubyeyi we na Nyirakuru bari bitabiriye iki gitaramo ubundi yongera gususurutsa abakunzi be anabasezeraho kuko bwari ubwa nyuma yari agiye ku rubyiniro.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Ahupa Radio June 9, 2024 June 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Paul Kagame yavuze igisobanuro cy’amazina yise abuzukuru be Anaya na Amalia

March 8, 2024
Andi makuru

Yolande Makolo yasubije ibyavuzwe na Tshisekedi ku mpfu z’abanyecongo

April 1, 2025
Imyidagaduro

Neymar Santos Júnior n’umukunzi we Bruna Biancardi bagiye kwibaruka

April 19, 2023
Imyidagaduro

Peter Anthony Morgan wari umuyobozi w’itsinda ry’abaririmbyi rya Morgan Heritage yitabye Imana,

February 26, 2024
Andi makuru

Diva Beauty Awards igiye kwongera kuba ku nshuro yayo ya 2

August 7, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Inzu ifasha abahanzi ya I.Music ya No Brainer yasinyishije umuhanzi D.N

October 9, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?