SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jacob Zuma wabaye Perezida w’Afurika y’Epfo yarokotse Impanuka
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Jacob Zuma wabaye Perezida w’Afurika y’Epfo yarokotse Impanuka
Andi makuru

Jacob Zuma wabaye Perezida w’Afurika y’Epfo yarokotse Impanuka

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/29 at 5:41 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Jacob Zuma wabaye Perezida wa Afurika y’Epfo, kuri uyu wa 28 Werurwe 2024 yakoze impanuka ubwo yerekezaga mu nama y’ishyaka MK itegura ibikorwa byo kwiyamamariza amatora y’Umukuru w’Igihugu.

 

Polisi ya Afurika y’Epfo yatangaje ko imodoka yari irimo Zuma yagonzwe n’iy’umugabo watwaranaga umuvuduko uri hejuru kandi yasinze, ubwo yari ageze mu ntara ya KwaZulu-Natal mu masaha y’umugoroba.

Yagize iti “Nta wakomeretse mu bagize itsinda ry’abarinda abayobozi bakuru. Uwabaye Perezida yacyuwe, ajyanwa mu rugo rwe.”

Musa Mkhize ushinzwe amatora muri MK yatangarije SABC iyi mpanuka yari mu mugambi wo kwica Zuma, ashima Imana ko yakinze akaboko.

Ati “Twari twiteze ko ibi bizaba. Perezida yari yaraburiwe ko mbere y’amatora, azaba aryamye mu bitaro. Hashimwe ingabo zishinzwe umutekano w’abayobozi bakuru ryashoboye kumurinda.”

Uyu mushoferi wagonze imodoka yarimo Zuma yaterewe muri yombi ahabereye impanuka. Akurikiranyweho ikosa ryo gutwara yasinze no gutwarira ku muvuduko ukabije.

You Might Also Like

Abanyarwanda Sadati Munyakazi,Clare Akamanzi na Bruce Melodie mu bazitabira inama ya 100 Most Notable Africans Leadership and Business Summit 2025

Perezida Paul Kagame yifurije abayisilamu bo mu Rwanda umunsi mwiza wa Eid AL Adha

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Hazima uwatse hagati ya Donald Trump na Elon Musk ibintu bikomeje kujya irudubi

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

Nsanzabera Jean Paul March 29, 2024 March 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Mico The Best yanyomoje amakuru avuga ko afitanye ikibazo na KIKAC Music

May 10, 2023
Imyidagaduro

Chryso Ndasingwa yakoze igitaramo cy’amateka amurika alubumu wahozeho cyitabirwa n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

May 6, 2024
Andi makuruImyidagaduro

Menya ahantu 10 heza wasohokana n’umukunzi wawe muri Kigali kuri St Valentin

February 14, 2023
Imyidagaduro

Tom Close yatangaje ko abahanzi barenga 20 aribo bazitabira igitaramo gisimbura icya Tems

February 8, 2025
Andi makuru

Abasirikare b’Abarundi bavuye mu butumwa muri somalia barishyuza imishahara y’amezi menshi

March 10, 2025
Andi makuru

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

June 5, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?