SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Edouce yashyize hanze Ep yise Genesis ivuga ku mateka y’ubuzima bwe
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Edouce yashyize hanze Ep yise Genesis ivuga ku mateka y’ubuzima bwe
Imyidagaduro

Edouce yashyize hanze Ep yise Genesis ivuga ku mateka y’ubuzima bwe

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/01/24 at 2:11 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Umuhanzi Edouce Softman yamaze gushyira hanze Extended Play (EP) ye ya mbere yise ‘Genesis’ iriho indirimbo zitsa ku buzima bwa buri munsi ndetse n’indirimbo yitsa ku rugendo rw’ubuzima yanyuranyemo n’umubyeyi we

Mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 21 Mutarama 2024, ni bwo uyu muhanzi yasohoye iyi EP ye ya mbere nyuma y’igihe cyari gishize ayiteguza abafana be n’abakunzi b’umuziki muri rusange.

Iyi EP ye iriho indirimbo eshanu, kandi buri yose ifite igisobanuro cyihariye, ariko muri rusange zubakiye ku gusaba kurindwa n’Imana, kuyiramya no kuyamamaza.

Kuri Edouce, yitondeye buri ndirimbo yita cyane ku buzima abantu banyuramo bwa buri munsi, biri mu byatumye mu ndirimbo ‘Balance’ ashishikariza abantu kugira amahitamo akwiye mu buzima bwa buri munsi.

Ati “EP iriho indirimbo eshanu. Buri ndirimbo iri kuri EP ifite igisobanuro cyayo cyane ko ari EP ntibanze ku ndirimbo z’urukundo cyane. Ni EP iriho indirimbo z’ubuzima busanzwe zizafasha benshi bitewe n’ibyo tubamo mu buzima bwa buri munsi.”

Hariho indirimbo ‘Unyigishe’, ‘Balance’, ‘Kind of Love’, ‘Single Maman’, ‘Ubu’ ndetse na ‘Intro’ yayo. EP ye yakozwe na ba Producer banyuranye barimo Knox Beat, Santana Souce, Pastor P ndetse na Bob Pro.

Edouce Softman avuga ko yahimbye indirimbo ‘Genesis’ yanitiriye EP ye, ashaka kubwira abafana n’abakunzi b’umuziki muri rusange, ko ari bwo agitangira urugendo rw’umuziki we.

Avuga ati “Ibikorwa byinshi twarabikoze mu gihe cyashize abanyarwanda barabimenya gusa ubu ndabifata nk’urugendo rushya kuri njye bitewe n’icyerekezo nshaka guha umuziki wanjye bitandukanye n’uko nawukoraga mbere kandi nizeye ko abankunda bose n’abakunda umuziki muri rusange bazabyishimira.

Muri rusange iyi EP iriho indirimbo 5. Buri ndirimbo iriho ifite igisobanuro cy’ayo, kuko atibanze cyane ku ndirimbo z’urukundo nk’uko asanzwe abikora.

Uyu muhanzi avuga ko yakoze iyi ndirimbo ‘Balance’ nyuma yo kubona bamwe mu rubyiruko bishoye mu gukoresha ibiyobyabwenge barimo n’inshuti ze za hafi.

Ati “Narabibonaga rimwe na rimwe. Ugansa nanjye birimo kungiraho ingaruka, ubwo nari nicaye rero nibwo nagize igitekerezo cyo gukora indirimbo ‘Balance’.

Kuri we avuga ko yakoze iyi ndirimbo mu rwego rwo kubwira urubyiruko kugenzura neza ubuzima babayemo, cyane cyane bakirinda ibiyobyabwenge n’ubusinzi.

Yavuze ko benshi mu rubyiruko bishora mu ngeso mbi ahanini biturutse ku bantu bagendana. Akomeza ati “Iyi ndirimbo nayikoze kandi mu rwego rwo gufasha Igihugu muri gahunda yo gukangurira urubyiruko kwirinda inzoga n’izindi ngeso.”

Mu ndirimbo ye yise ‘Single Mama’ avuga ko yayanditse ashaka kuyitura umubyeyi we ndetse n’abandi babyeyi bose bagerageje kwirwanaho bakita ku miryango y’abo ‘badafite abagabo ndetse nta n’ubundi bufasha bahawe’.

Ati “Hari benshi birwanyeho kandi biteza imbere. Babashije kurera abana b’abo, babishyurira amashuri kandi babaho neza.”

Akomeza ati “Mama wanjye rero bitewe n’ubwo buzima bwose twabanyemo tumaze kubura Papa yabaye umunyembaraga ukomeye akomeza gufasha umuryango. Reero iyi ndirimbo nyituye ababyeyi bose bitaye ku miryango y’abo. Ni abantu bakomeye kandi b’abanyembaraga mu buzima bwa benshi.”

 

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Nsanzabera Jean Paul January 24, 2024 January 22, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

May 6, 2025
Imyidagaduro

Abaraperi 9 bakunzwe mu Rwanda bazahurira mu gitaramo cya Nyega Nyega I Huye .

May 23, 2023
Andi makuru

RDC havutse umutwe w’inyashyamba mushya witwa C.R.P uyobowe na Thomas Lubanga

March 26, 2025
Imyidagaduro

Humble Jizzo yashimangiye ko nubwo bakoze indirimbo ishyamba kubera Muyoboke Alex ari inshuti yabo cyane

January 30, 2023
Andi makuru

#Kwibuka31 :Umunsi Kagame amenyesha amahanga ko agiye guhagarika Jenoside niba ntacyo bakoze

April 8, 2025
Imyidagaduro

Ruti Joel na Munyanshoza Dieudonne bataramiye abitabiriye igikorwa cyo kwamamaza abadepite ba RPF Inkotanyi I Nyagatare (Amafoto )

June 24, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?