Nyuma yo kunyurana umucyo mu byiciro byabanje, iserukiramuco “I Am Hip Hop Festival” rigiye kugaruka i Kigali ku nshuro ya kabiri, aho rizahuriza hamwe ibyamamare bikomeye bya Hip Hop n’impano nshya ziri kuzamuka, mu bitaramo bizamara iminsi ibiri byuzuye umuziki, imyidagaduro n’umuco.
Iri serukiramuco rizaba ku wa 4 n’uwa 5 Nyakanga 2025, ribere kuri Institut Français du Rwanda iherereye mu Kiyovu. Iserukiramuco ryihariye ku muco wa Hip Hop mu Rwanda.
Ryateguwe na Green Ferry Music, inzu y’umuziki izwiho gufasha kuzamura impano nshya muri Hip Hop, rikaba ari ryo serukiramuco rukumbi mu Rwanda ryihariye kuri iyi njyana.
Iri serukiramuco rizaba riherekejwe n’ibikorwa binyuranye bigaragaza umuco wa Hip Hop birimo: Ibitaramo by’abahanzi bazwi n’abafite impano nshya, amarushanwa ya breakdance, Imurikabikorwa, ibirori by’abavanga umuziki, imurikabikorwa ry’imyenda, n’ibindi bijyanye n’umuco wa Hip Hop.
Green Ferry Music yashyize ahagaragara isobanura ko “intego yacu ni ugukomeza kwizihiza umuco wa Hip Hop n’uruhare rufatika ugira mu buzima bw’Abanyarwanda. Duhuriza hamwe abahanzi, abarushanwa mu kubyina, abashushanya, ba DJ, abamurika imyambaro n’abakunzi ba Hip Hop kugira ngo dutange ibihe by’ubusabane, ubumenyi n’impinduka.”
Iri serukiramuco rifite inkomoko mu 2017, ubwo ryatangiraga nk’urukurikirane rw’ibitaramo byaberaga ahantu hatandukanye muri Kigali.
Nyuma y’imyaka irindwi ryarakuze rihinduka igikorwa ngarukamwaka kinini, cyahinduye byinshi mu ruganda rwa Hip Hop nyarwanda, kikaba gifatwa nk’urubuga rufasha impano nshya kumvikana no kuzamuka.
Muri iri serukiramuco hitezwe abahanzi bafite amazina akomeye muri Hip Hop nyarwanda barimo: Bull Dogg, umwe mu batangije iyi njyana mu Rwanda, P-Fla, uzwiho inyandiko n’ubutumwa bukomeye, Jay C, wamamaye mu ndirimbo zubaka kandi zigezweho n’abandi.
Aba bazafatanya n’abandi barimo: Barick Music, Afrojiggy, AY, Big Zed, Chaka Fella, DJ Black, TheDiceKid, Sano Boi, DJ Samish, Hollix, G-LLain, Hunni, DJ Gulain, Josskid, White Monkey, Taz, Ngaara, NzeeyTheGreat, Racine, Pogatsa, Redink, Romeo Rapstar, Rosh Knight, DJU Griffin, Icenova, Underworra, Kingz Band, na Zeo Trap.
Green Ferry Music ivuga ko kwitabira iri serukiramuco atari ukwishimisha gusa, ahubwo ari ugushyigikira impano z’Abanyarwanda, guteza imbere umuco wa Hip Hop, no gufasha iyi njyana kugira ijambo ku rwego rw’akarere.
“Iri serukiramuco ni isoko y’amarangamutima, ubumenyi, ubuhanzi n’ubusabane. Abazaryitabira bazahabwa amahirwe yo kubona ibice bitandukanye by’umwimerere wa Hip Hop, kandi bitange umusanzu mu gukomeza kuriteza imbere.”