SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20
Andi makuru

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/06/04 at 9:51 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Constant Mutamba, ku wa Kabiri yitabye ubushinjacyaha bumukurikiranyeho kunyereza za miliyoni y’amadorali yari agenenewe kubaka gereza. aho yari aherekejwe n’abunganizi mu mategeko be  20.

Uyu mugabo yitabye umushinjacyaha, mu gihe yari yaravuze ko atazigera yitaba uyu mushinjacyaha avuga ko na we ubwe hari ibyaha akekwaho.

Mutamba kandi akurikiranweho kunyereza umutungo wa leta, mu gihe mu bihe byavuze yavugaga ko umuntu uzajya ahamwa no kunyereza umutungo wa leta yajya akatirwa urwo gupfa.

Mutamba akekwaho kunyereza miliyoni 39$ zari zigenewe kubaka gereza nshya ya Kisangani, agashinjwa gutegeka kwishyura amafaranga y’ibanze angana na miliyoni 19$ muri iryo soko ryo kubaka gereza mbere y’uko ryemezwa n’urwego rubishinzwe.Mutamba yagiye ahakana ibi birego akekwaho.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana abantu benshi barimo abo ibinyamakuru bivuga ko ari abakora mu biro bya Mutamba, hamwe n’abamushyigikiye, bamuherekeje ku biro by’umushinjacyaha bavuza amafirimbi kandi baririmba ko ari umwere.

Mu cyumweru gishize ni bwo Inteko Ishinga amategeko ya Congo Congo yatoye ku bwiganze ko Minisitiri Mutamba akurikiranwa n’ubushinjacyaha kuri ibi byaha akekwaho.

Ubwo yari asohotse mu biro by’umushinjacyaha ku wa kabiri, Constant Mutamba yahisemo kutagira icyo abwira abanyamakuru, nk’uko ibiro ntaramakuru bya Congo, ACP bibivuga.

 

 

 

 

 

 

 

You Might Also Like

Edgar Lungu wahoze ayobora Zambia yitabye imana ku myaka 68

AFC/M23 yahagamagaje intumwa zayo zari mu biganiro I Doha Muri Qatar

Perezida Trump yakuyeho visa ku bihugu 12 birimo ibibazo by’ umutekano muke

Polisi y’igihugu yataye muri yombi abakekwaho ubujura 21 mu majyepfo

Urukiko rwateye utwatsi ikirego Rusesabagina aregamo kompanyi ya Gainjet yamuzanye mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul June 4, 2025 June 4, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Filipe Nyusi wa Mozambique yashimiye Kagame wegukanye intsinzi mu matora

July 17, 2024
Imikino

Jibu Rwanda yasinye amasezerano y’ubufatanye na Vision Fc

April 5, 2025
Andi makuruUbuzima

Urubyiruko rugize itsinda rya MC Brian & Friends rwatanze Mutuelle de Sante mu Karere ka Nyanza (Amafoto)

September 13, 2023
Imikino

Warren Zaïre-Emery wa PSG yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

December 22, 2023
Imyidagaduro

Uganda :B2C basubitse igitaramo bari bafite Lugogo

March 20, 2024
KwamamazaUbukungu

Abagore bitabiriye ibirori bya El Classico Women Day bishimiye serivise bahawe

March 10, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?