SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro
Andi makuru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/05/15 at 11:12 AM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Faustin-Archange Touadéra wa Repubulika ya Centrafrique akomeje kotswa igitutu cyinshi na Leta y’u Burusiya, kugira ngo asinyane amasezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare n’umutwe w’abacanshuro wa Africa Corps wo muri kiriya gihugu.

Uyu mutwe unazwi nka Russian Expeditionary Corps (REK), usanzwe ucungwa ukanagenzurwa na Guverinoma y’u Burusiya.

Africa Intelligence ivuga ko igitutu Perezida Touadéra akomeje kotswa na Kremlin gishobora gusiga asinyanye amasezerano y’imikoranire n’uriya mutwe mu mpera z’uyu mwaka, gusa bikaba byitezwe ko abarwanyi bawo ba mbere bashobora kugera muri Centrafrique mu mpeshyi.

Amakuru avuga Minisiteri y’Ingabo z’u Burusiya ishaka kohereza muri Centrafrique abacanshuro ba Africa Corps, mu rwego rwo kuhasimbura abandi bo mu mutwe wa Wagner bari muri kiriya gihugu kuva muri 2017; ikaba impamvu nyamukuru Perezida Touadéra akomeje kotswa igitutu.

Ni Perezida Faustin-Archange Touadéra ku rundi ruhande amakuru avuga ko igitutu akomeje kotswa gikomeje kumushyira mu rungabangabo, ibituma akomeje kwiha igihe gihagije cyo gufata umwanzuro.

Muri Mutarama uyu mwaka Perezida wa Repubulika ya Centrafrique yari i Moscou, aho yahuriye akanagirana ibiganiro na Perezida Vladimir Poutine. Ni ibiganiro byakurikiye ibyo yaherukaga kugirana na Ambasaderi w’u Burusiya i Bangui.

Muri ibi biganiro byombi, Touadera yagaragaje imbogamizi zerekeye ubutabera zo kuba yasinyana amasezerano na Africa Corps, nyamara uyu mutwe usanzwe ufatwa nka mukeba wa Wagner.

Icyakora Minisitiri wungirije w’Ingabo z’u Burusiya, Lounos-Bek Evkourov muri Werurwe uyu mwaka ubwo yasuraga Centrafrique, yeruye ko byanga bikunze Bangui igomba guca umubano na Wagner; ibyatumye Centrafrique yisanga nta yandi mahitamo ifite.

Byitezwe ko Africa Corps igomba gutangira gukorera byeruye muri Centrafrique mu mwaka utaha wa 2026, nyuma y’amatora y’Umukuru w’Igihugu ahateganyijwe.

Mu gihe uyu mutwe waba utangiye gukorera muri iki gihugu, cyaba cyiyongereye ku bindi bihugu birimo ibyo mu karere ka Sahel wasimbuyemo Wagner, nyuma y’urupfu rw’uwari umuyobozi wayo, Evgueni Prigozhin.

Icyakora biteganyijwe ko ubwo Africa Corps izaba yatangiye gukorera muri Centrafrique abacanshuro ba Wagner bazagenda bayinjizwamo gake gake.

 

You Might Also Like

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo akabyimba muri Prostate

Perezida José Mujica wafatwanga nk’umukene yitabye imana ku myaka 89

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Wakibi Geoffrey May 15, 2025 May 15, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Umuhanzikazi Visha Keiz yashyize hanze indirimbo yise Nyash asaba abakunzi be kumushyigikira

January 17, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Rashid Son yashyize hanze indirimbo Africa ivuga ku mateka yayo (Video )

September 2, 2023
Andi makuru

HRW ingabo za Mali n’umutwe wa wagner barashinjwa guhohotera abaturage

December 13, 2024
Utuntu n'utundi

Gen Li Shangfu yirukanywe ku kazi ka Minisitiri w’Ingabo mu Bushinwa

October 25, 2023
Ikoranabuhanga

Emir wa Qatar yatanze u Rwanda ho umugabo w’uko Demokarasi Mvaburayi idakora hose

January 30, 2019
Utuntu n'utundi

Minisitiri w’Intebe wa RDC Sama Lukonde yeguye ku mirimo ye

February 20, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?