SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Paul Kagame yakiriye umugaba Mukuru w ‘ingabo za Ethiopia
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Paul Kagame yakiriye umugaba Mukuru w ‘ingabo za Ethiopia
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yakiriye umugaba Mukuru w ‘ingabo za Ethiopia

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/16 at 7:54 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame kuri uyu Kabiri tariki ya 15 Mata, yakiriye anagirana ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia, Field Marshal Birhanu Jula.

Uyu musirikare n’itsinda ry’intumwa ayoboye bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.

Ibiro by’Umukuru w’igihugugu ku rubuga rwa X byavuze ko “Perezida Kagame yanahuye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia (ENDF) Field Marshal Birhanu Jula n’itsinda ry’intumwa ayoboye, bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi.”

Ni nyuma ya Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Sénégal, YassineFall, washyikirije Umukuru w’Igihugu ubutumwa bwa mugenzi we wa kiriya gihugu, Bassirou Diomaye Faye.

Yaba uriya mukuru wa dipolomasi ya Sénégal cyangwa Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia Perezidansi y’u Rwanda ntiyigeze itangaza ibyo baganiriye na Perezida Kagame.

Maréchal Birhanu Jula ari mu Rwanda kuva ku Cyumweru tariki ya 13 Mata, akazasoza uruzinduko rwe ku wa Gatatu tariki ya 16 Mata.

Uruzinduko rwe i Kigali rurakurikira urwo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga yagiriye i Addis-Abeba mu kwezi gushize.

Ku wa Mbere tariki ya 14 Mata Abagaba bakuru b’Ingabo z’ibihugu byombi bagiranye ibiganiro, ndetse Maréchal Birhanu Jula yanagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda.

RDF yatangaje ko uruzinduko rw’Umugaba Mukuru w’Ingabo za Ethiopia mu Rwanda ari “amahirwe akomeye yo gushimangira ubufatanye bumaze igihe kirekire” hagati ya RDF n’Igisirikare cya Ethiopia (ENDF).

Igisirikare cy’u Rwanda kandi cyatangaje ko ibiganiro bya Maréchal Jula n’abayobozi bakuru b’Ingabo z’u Rwanda byibanze ku kurebera hamwe inzego nshya RDF na ENDF bafatanyamo mu bya gisirikare ndetse no mu nzego zifitanye isano na cyo.

Gishimangira kandi ko ruriya ruzinduko rushimangira umuhate w’u Rwanda na Ethiopia mu kugirana imikoranire ikomeye ndetse no mu guteza imbere amahoro n’umutekano mu karere.

 

 

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul April 16, 2025 April 16, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Ubuzima

1000 Hills Events na NCDP batanze ibihembo kubagize uruhare mu guteza imbere abamugaye

December 1, 2024
Imyidagaduro

MYP yashyize hanze indirimbo Nyagasani Mana ivuga ku rupfu rwa Henry

March 10, 2025
Imyidagaduro

Jennifer Lopez arashinjwa gusuzugura umugabo we byatumye yaka gatanya

July 19, 2024
Imyidagaduro

Umunyarwenya Phronesis yageze i Kigali aho aje kwitabira igitaramo cyateguwe na Japhet

October 25, 2023
Andi makuru

Javanix yahuje imbaraga na Theo Bosebabireba bakorana indirimbo bise Nzakagendana (Video)

July 28, 2024
Imyidagaduro

Juno Kizigenza na Kevin Kade bishimiwe n’abitabiriye ibirori byo kumurika Skol Malt nshya Nshya muri kigali Universe

November 16, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?