SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Massad Boulos Umujyanama Mukuru wa Trump yasuye Ikirombe cya Trinity Metals i Rulindo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Massad Boulos Umujyanama Mukuru wa Trump yasuye Ikirombe cya Trinity Metals i Rulindo
Andi makuru

Massad Boulos Umujyanama Mukuru wa Trump yasuye Ikirombe cya Trinity Metals i Rulindo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/04/10 at 12:48 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika, Massad Boulos, yasuye ikirombe cy’amabuye y’agaciro cya Nyakabingo, gicukurwamo wolfram nyinshi muri Afurika, giherereye mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Shyorongi.

Massad Boulos ari mu Rwanda aho ari gusura ibice bitandukanye by’igihugu ndetse ku wa 08 Mata 2025 yagiranye ibiganiro na Perezida Kagame byagarutse ku bibazo by’umutekano muke mu Burasirazuba bwa RDC, avuga ko abakuru b’ibihugu byombi barajwe ishinga no gushakira amahoro Akarere.

Uruzinduko rwe rwakomereje i Rulindo mu kirombe cya Nyakabingo nk’uko Sosiyete y’Ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro ya Trinity Metals icukura muri icyo kirombe, yabitangaje ku wa 10 Mata 2025.

Trinity Nyakabingo igenzurwa na Trinity Metals Group yavuze ko bishimiye kwakira Massad Boulos, mu kirombe gicukurwamo wolfram (itunganywamo icyuma cya tungsten) nyinshi muri Afurika.

Yakomeje iti “Aje kureba imigambi Trinity ifite yo gukomeza kwiyubaka ndetse yatambagijwe ikirombe cyose yihera ijisho aho amabuye y’agaciro aturuka.”

Trinity Nyakabingo uyu Mujyanama Mukuru wa Perezida Donald Trump ku bibazo bya Afurika yasuye, buri mwaka icukura Wolfram irenga toni 1000. Bigateganywa ko mu myaka ine iri imbere uwo musaruro uzaba warikubye kabiri.

Wolfram ni amabuye y’agaciro atunganywamo ibyuma bikomeye cyane bikoreshwa mu bwubatsi, mu ndege, mu bifaru, mu byogajuru, mu gukora imbunda, amasasu n’ibindi bikoresho bikenera ibyuma bikomeye.

Ni wolfram yoherezwa mu mahanga itunganyijwe ku kigero cya 68% kuko mu Rwanda nta ruganda ruhari rushobora kuyikuramo cya cyuma cya nyuma.

Iyo igejejwe mu mahanga yongererwa agaciro ku rugero rwa 99,999% ikavamo icyuma.

Wolfram ya Nyakabingo yoherezwa muri Autriche, igakundirwa umwimerere ifite, aho nko mu 2024 hoherejwe toni 1107.

Trinity Metals Group muri rusange imaze gushora miliyoni 40$ mu birombe byayo birimo icya Nyakabingo, Musha icukurwamo gasegereti, coltan na lithium (ikiri gukorwaho ubushakashatsi), na Rutongo, icukurwamo gasegereti.

Mu 2024 Trinity Metals Group yohereje mu mahanga amabuye angana na toni 2.226 ya wolfram, gasegereti na coltan, mu 2029 ikaba iteganya ko izaba yohereza mu mahanga angana na toni 5.201.

You Might Also Like

U Rwanda rwasabye kwakira amashami y’umuryango w’abibumbye i Kigali

Joe Biden wahoze ayobora USA yasanzwemo Cancer ya Prostate yo mu rwego rwo hejuru

Uwahoze ayobora FBI arakwekaho gushaka kwica Donald Trump

Parike y’igihugu y’Akagera igiye kwakira inkura 70 z’umweru

Perezida Archange Touadéra akomeje gusabwa n’uburusiya gusinyana n’abandi bacanshuro

Nsanzabera Jean Paul April 10, 2025 April 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Ruti Joel yamuritse indirimbo ze zo kuri alubumu ye yise ’Musomandera’ izina ry’umubyeyi we.

January 11, 2023
Andi makuru

Umunyarwenya Steve Harvey yashimye imikorere y’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru RBA

December 16, 2024
Andi makuru

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak yagiriye urugendo muri Israel

October 19, 2023
Andi makuru

U Rwanda rwatangaje icyatumye inama yagombaga guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi itaba

December 15, 2024
Iyobokamana

Pastor Ezra Mpyisi yavuzwe imyato mu mugoroba wo kwizihiza ubuzima

January 31, 2024
Imyidagaduro

#Kwibuka31 : Senderi yashimye gahunda ya Ndi munyarwanda nk’ icyerekezo cyo kumenya ikiduhuza tukareka icyadutanya

April 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?