SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yahishuye ko agiye kwihimura ku wari umugabo we abinyujije mu ndirimbo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2025/03/18 at 12:02 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Jennifer Lopez yahishuye  ko afite  umugambi wo kwihimura ku mukinnyi wa filime Ben Affleck baherutse gutandukana, amushinja kuba yaramubabaje akanamutesha umwanya.

Jennifer Lopez uri mu bahanzikazi bakunzwe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aherutse gutandukana na Ben Affleck mu buryo bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri gusa barushinze.

Muri Gashyantare, ubwo gatanya yabo yarangiraga, uyu muhanzikazi yatangarije Vogue Magazine ko icyamurakaje mu itandukana ryabo ari uko Ben yamubabaje ndetse akanamutakariza igihe.

Byongeye kandi yababajwe cyane n’uko uyu mugabo batandukanye agahita asubira ku mugore we wa mbere, Jennifer Garner, ibintu Lopez yafashe nko kumusuzuguza.

Kuri ubu Lopez ageze kure umugambi wo kwihimura kuri Ben Affleck abinyujije mu muziki nk’uko Radar Online yabitangaje.

Lopez na Ben bafitanye amateka akomeye, aho bakundanye bwa mbere kuva mu 2000 kugeza mu 2004, bagasubirana mu 2021 mbere yo kurushinga mu 2022 nubwo batabashije kugumana, ibi byose ngo ni inyungu ikomeye kuri we kuko azabyifashisha.

Amakuru avuga ko Lopez ashaka gukoresha inkuru y’urukundo rwe na Ben mu gukora album nshya, izaba ikubiyemo amabanga yabo batigeze bashyira hanze, by’umwihariko izagaruka ku bintu bibi uyu mugabo yamukoreye.

Lopez usanzwe atiyandikira indirimbo, ngo yaba ari gushaka abandi bahanzi bazamufasha kwandika kuri iyo nkuru ye y’urukundo. Abo yifuza bazabimufashamo barimo Ed Sheeran na Amy Allen bazwiho kwandika indirimbo ziryoheye amatwi ndetse na David Guetta.

Uyu muhanzikazi akaba ashaka gukoresha iyi album nk’uburyo bwo kwihimura kuri Ben Affleck wamubabaje, cyane ko yari yaramubujije kujya avuga ku bijyanye n’umubano wabo bakiri kumwe.

Lopez yizera ko iyi album izamufasha kugaruka mu muziki bundi bushya kuko yari amaze igihe ahugiye mu byo gukina filime, kandi yizeye ko izamufasha kwinjiza agatubutse kuko iyo aherutse gusohora itamwinjirije nk’uko yabishakaga.

Uyu mugambi Lopez ngo yaba yarawutekerejeho nyuma yo kureba ku bandi bahanzikazi bawukoze ukabaviramo gucuruza ibihangano byabo.

Aba barimo Beyonce, Adele, Shakira na Demi Lovato bagiye bakoresha ibyo banyuzemo n’abagabo babo bakabishyira mu muziki bikabacururiza ndetse bakinjiza agatubutse.

Iyi album Lopez ari gutegura nk’igisubizo kuri Ben batandukanye, ateganya kuzayisohora mu 2026 ndetse iherekesha ibitaramo bizenguruka Isi.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 18, 2025 March 18, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Bwiza yishimiye guhura na Miss Jojo yakunze akunda

June 19, 2023
Imikino

Nzabonimpa Emmanuel meya w’Akarere ka Gicumbi yiyemeje gukemura ibibazo biri muri Gicumbi FC

May 17, 2024
Imyidagaduro

Confy yashyize hanze Indirimbo nshya nyuma y’igihe yaribasiwe n’indwara ya Vitiligo

February 24, 2025
Imyidagaduro

Massamba na Ruti Joel basusurukije abagande mu mbyino gakondo

May 20, 2024
Imikino

Amafoto azibukwa na benshi ku mukino wa Nigeria yatsinzemo amavubi imbere ya Perezida Paul Kagame

March 22, 2025
Imyidagaduro

Selena Gomez mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta n’Umukunzi

December 13, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?