SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Font ResizerAa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC
Andi makuru

M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC

Ahupa Radio
Ahupa Radio
Published: March 17, 2025
Share
SHARE

Umutwe wa M23 watangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe, wohereje i Luanda muri Angola itsinda ry’intumwa zigomba kuwuhagararira mu biganiro bizawuhuza na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibiganiro by’impande zombi ziri mu ntambara kuva mu Ugushyingo 2021 biteganyijwe kuba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Politiki muri M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko itsinda ry’intumwa uriya mutwe wohereje i Luanda rigizwe n’abantu batanu.

Ati: “AFC/M23 iramenyesha rubanda ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025 yohereza i Luanda mu murwa mukuru wa Angola delegasiyo igizwe n’abantu batanu, kugira ngo bazitabire ibiganiro ku busabe bw’abayobozi ba Angola.”

Uyu mutwe waboneyeho gushimira Perezida João Lourenço wa Angola ku bw’imbaraga akomeje gukoresha mu rwego rwo guhagarika amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC.

M23 ntiyigeze itangaza amazina y’abo yohereje muri biriya biganiro; gusa uyu mutwe ukunze guhagararirwa muri gahunda nk’iriya n’abarimo René Abandi wahoze ari umuhuzabikorwa ushinzwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro wari warasinyanye na Kinshasa.

Mu bandi bakunze kuwuhagararira harimo Lawrence, Yannick Kisola na Col. Imani Nzenze uri mu basirikare bakomeye bawo; gusa amakuru avuga ko mu ntumwa zizaba ziri i Luanda hagomba kuba harimo Perezida w’uriya mutwe, Bertrand Bisimwa.

Amakuru aturuka ku ruhande rwa leta ya RDC avuga ko intumwa zayo na zo ziza kugera i Luanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Ni intumwa bivugwa ko ziza kuba ziyobowe na Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean Pierre Bemba.

 

Aba Tanzania ntibavuga rumw ku kibumbano cya Tanzania cyashyizwe ku kicaro cya AU
#Kwibuka21: Abayobozi n’abakozi ba Airtel Rwanda basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yasabye Abamotari kwirinda ubusinzi no gukora amakosa mu muhanda .
Umuhanzi Nikhan ari mu byishimo nyuma yaho indirimbo ye igaragaye mu zikunzwe kuri spotfiy
Gen Kainerugaba yashimangiye ko azitabira irahira rya Perezida Paul Kagame
Share This Article
Facebook Email Print
Leave a Comment Leave a Comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Platinum Casino Online

May 28, 2024

Profitable Pokies Australia 10 Deposit

September 5, 2023

Lucky Bird Casino App

May 28, 2024

Ireland Electronic Casino Dollar 10 Bonus

January 13, 2017

2023 Ie Casino

May 28, 2024

Pokies2go No Deposit Bonus Codes 2025

February 25, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Username or Email Address
Password

Lost your password?