SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC
Andi makuru

M23 yohereje intumwa zo kuyihagararira mu biganiro na RDC

Ahupa Radio
Last updated: 2025/03/17 at 9:59 AM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Umutwe wa M23 watangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe, wohereje i Luanda muri Angola itsinda ry’intumwa zigomba kuwuhagararira mu biganiro bizawuhuza na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Ibiganiro by’impande zombi ziri mu ntambara kuva mu Ugushyingo 2021 biteganyijwe kuba kuri uyu wa Kabiri tariki ya 18 Werurwe.

Umuvugizi w’Ishami rya Politiki muri M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko itsinda ry’intumwa uriya mutwe wohereje i Luanda rigizwe n’abantu batanu.

Ati: “AFC/M23 iramenyesha rubanda ko kuri uyu wa Mbere tariki ya 17 Werurwe 2025 yohereza i Luanda mu murwa mukuru wa Angola delegasiyo igizwe n’abantu batanu, kugira ngo bazitabire ibiganiro ku busabe bw’abayobozi ba Angola.”

Uyu mutwe waboneyeho gushimira Perezida João Lourenço wa Angola ku bw’imbaraga akomeje gukoresha mu rwego rwo guhagarika amakimbirane yo mu burasirazuba bwa RDC.

M23 ntiyigeze itangaza amazina y’abo yohereje muri biriya biganiro; gusa uyu mutwe ukunze guhagararirwa muri gahunda nk’iriya n’abarimo René Abandi wahoze ari umuhuzabikorwa ushinzwe gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro wari warasinyanye na Kinshasa.

Mu bandi bakunze kuwuhagararira harimo Lawrence, Yannick Kisola na Col. Imani Nzenze uri mu basirikare bakomeye bawo; gusa amakuru avuga ko mu ntumwa zizaba ziri i Luanda hagomba kuba harimo Perezida w’uriya mutwe, Bertrand Bisimwa.

Amakuru aturuka ku ruhande rwa leta ya RDC avuga ko intumwa zayo na zo ziza kugera i Luanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Ni intumwa bivugwa ko ziza kuba ziyobowe na Minisitiri w’Ubwikorezi, Jean Pierre Bemba.

 

You Might Also Like

Nigeria :Umugore yarumye igitsina cy’umukunzi we kugeza agiciye

Sena ya DRC yambuye Joseph Kabila Ubudahangarwa

Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Cheick Camara umuyobozi wa Service Now Africa

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Lt Gén Masuzu yasabye ingabo za FARDC guhagukura zishikamye zikirukana M23

Ahupa Radio March 17, 2025 March 17, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Novak Djokovic ashobora kwegukana igikombe cy’ijana

March 30, 2025
Imyidagaduro

Kwibuka 29 : Bwiza yahaye umukoro urubyiruko wo kwiga no kumenya amateka yaranze u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

April 10, 2023
Andi makuru

#Kwibuka31: Tariki 11 Mata 1994 : Ingabo z’ababiligi zari muri MINUAR zatereranye Abatutsi muri ETO Kicukiro

April 11, 2025
Imyidagaduro

Teta Diana yakumbuje ubuhanga bwe abanyakigali mu gitaramo yakoreye Atelier du Vin

December 9, 2024
Iyobokamana

Mamie Uwase ukorera umuziki wo guhimbaza Imana muri Amerika arasaba abakiristu gukomera ku mana yabo

July 12, 2024
Andi makuru

Lt Gen Mubarakh Muganga yazamuwe mu ntera agirwa General

December 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?