SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Ihuriro AFC/M23 washinje Leta ya Kinshasa igitero cyaguyemo abantu 11 i Bukavu
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Ihuriro AFC/M23 washinje Leta ya Kinshasa igitero cyaguyemo abantu 11 i Bukavu
Andi makuru

Ihuriro AFC/M23 washinje Leta ya Kinshasa igitero cyaguyemo abantu 11 i Bukavu

Ahupa Radio
Last updated: 2025/02/28 at 6:51 AM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ryatangaje ko abantu 11 bapfiriye mu gitero cya gerenade cyagabwe mu Mujyi wa Bukavu kuri uyu wa 27 Gashyantare 2025.

Umuyobozi w’iri huriro, Corneille Nangaa, yasobanuye ko iki gitero cyakomerekeyemo abantu 65 barimo batandatu bakomeretse cyane.

Nangaa waganiraga n’abanyamakuru, yagize ati “Igitero cya Bukavu cyapfiriyemo abantu 11 barimo umugore n’uwakigabye. 65 bakomeretse barimo abakomeretse cyane.”

Iki gitero cyagabwe ku bari bitabiriye inama yateguwe n’ubuyobozi bwa AFC/M23, yabereye mu mbuga ngari y’Umujyi wa Bukavu, ahazwi nka ‘Place de l’Indépendance’.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko iki gitero cyagabwe hashingiwe ku ibwiriza Perezida Félix Tshisekedi wa RDC yahaye Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyepfo, Jean-Jacques Purusi.

Ibiro bya Perezida wa RDC byo byatangaje ko iki gitero cyagabwe n’ingabo z’amahanga “ziri ku butaka bwa Congo binyuranyije n’amategeko”, gusa abakurikiranira hafi imikorere ya Leta ya RDC babifashe nko kuyobya uburari.

Kanyuka yasobanuye kandi ko abarwanyi ba AFC/M23 bataye muri yombi babiri mu bagabye iki gitero, kandi ko bagishakisha n’abandi bacitse.

Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yatangaje ko iperereza ry’ibanze ryagaragaje ko ibisasu byakoreshejwe muri iki gitero ari iby’ingabo z’u Burundi zisanzwe zikorana n’iza RDC.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Ahupa Radio February 28, 2025 February 28, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Medjo Daba wakuze yumva azaconga ruhago yakoranye indirimbo na Mico The Best (Video )

July 30, 2024
Imyidagaduro

Knowless yakumbuje abakunzi be indirimbo zo hambere harimo niyo yakoranye na Vampino

December 12, 2024
Imyidagaduro

Ibyaha P Diddy ashinjwa bikomeje kwiyongera

September 25, 2024
Imikino

Ikipe y’amagare ya TotalEnergies iri kwitegurira umwaka w’imikino mu Rwanda

January 9, 2024
Imyidagaduro

Jose Chameloen agiye kugezwa mu nkiko nyuma yo gukubita umumotari

January 25, 2023
Imyidagaduro

Miss Uwase Raissa Vanessa yahishuye ko nta mugabo n’inzoga akifuza mu buzima bwe

October 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?