SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Victor Rukotana yatandukanye n’umujyanama we No Brainer
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Victor Rukotana yatandukanye n’umujyanama we No Brainer
Imyidagaduro

Victor Rukotana yatandukanye n’umujyanama we No Brainer

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published February 10, 2025
Share
SHARE

Victor Rukorana uri mu bahanzi bakora umuziki gakondo kandi bakunzwe mu Rwanda , yatandukanye n’uwari umujyanama we nyuma yo kumushinja ibirimo imyitwarire itari myiza hagati ye n’abandi bahanzi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambagaze mu ibaruwa yageneye abanyamakuru, Victor Rukotana yavuze ko yahisemo gutandukana n’uwari umujyanama we, Ishimwe Jean Aime uzwi nka No Brainer, nyuma yo kugirwa inama n’abantu benshi ndetse no kubona ko umubano utari mwiza hagati ye n’abandi bahanzi ugira ingaruka ku muziki we.

Ati “Nyuma y’ibitekerezo byanyu bitandukanye no kubona ko imibanire ye n’abandi bahanzi igira ingaruka ku muziki wanjye, nagira ngo menyeshe itangazamakuru ko ntakirimo gukorana na I.Music ya Ishimwe Jean Aime benshi bazi nka No Brainer.”

Victor Rukotana yatangarije umunyamakuru wa AHUPA RADIO ko ibyo yakoze abona byari bikwiye kandi yizeye ko nta ngaruka byamugiraho kuko amasezerano afite uko abigena.

Yavuze ko mu masezerano yabo harimo ko mu gihe hari ibyo batumvikanaho buri ruhande rufite uburenganzira bwo gusesa amasezerano.

Ati “Twari dufitanye amasezerano y’imyaka itatu ariko na none arimo ingingo yemera ko twatandukana igihe hari ibyo twaba tutumvikanaho.”

Twifuje kuvugana na Ishimwe Jean Aime ngo twumve uko yakiriye iki cyemezo cy’umuhanzi asanzwe areberera, ariko ntibyakunda ko yitaba telefone ye igendanwa.

Victor Rukotana atandukanye na Ishimwe mu gihe biteguraga gusohora album ‘Imararungu’, ya mbere y’uyu muhanzi.

You Might Also Like

Umuhanzi Kevin Montana arashinja Ish Kevin Ubuhemu

Dj Rusam n’umukunzi we Alex Tlex basezeranye imbere y’amategeko

Miss Uwase Raissa Vanessa yasabwe anakobwa n’umukunzi we Ngenzi Dylan (Amafoto)

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Nsanzabera Jean Paul February 10, 2025 February 10, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

KennySol yerekanye ko niyo yava muri 1:55AM adateganya gucika intege

April 24, 2025
Andi makuru

Minisitiri w’intebe w’Ubuhinde Narendra Modi yatangiye urugendo rw’akazi mu birwa bya Maurice

March 12, 2025
Andi makuru

Doug Emhoff umugabo wa Kamala Harris yirukanwe na Trump

April 30, 2025
Imyidagaduro

Auddy Kelly agiye gushyira hanze album ye ya gatatu yise “Aho Ntabona”.

April 28, 2023
Iyobokamana

Aime Uwimana na Prosper Nkomezi batumiwe mu gitaramo cya Cross Over 2024 cyateguwe na Zion Temple

December 21, 2023
Imyidagaduro

Burna Boy yesheje agahigo ko kumvwa n’abarenga milliyari kuri Audiomack

June 23, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?