SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame na Madamu bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame na Madamu bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda
Andi makuru

Perezida Kagame na Madamu bashyize indabo ku gicumbi cy’Intwari z’u Rwanda

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published February 1, 2025
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bashyize indabo ku Kimenyetso cy’Ubutwari kiri ku Gicumbi cy’Intwari i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 1 Gashyantare 2025, mu rwego rwo guha icyubahiro Intwari z’u Rwanda.

Ambasaderi wa Maroc niwe wari uhagarariye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, nawe yashyize indabo ku Kimenyetso cy’Ubutwari.

Iki gikorwa kandi cyitabiriwe n’abayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu.

Umunsi w’Intwari ni umunsi wizihizwa mu bihugu bitandukanye mu rwego rwo kuzirikana abantu bagaragaje ubutwari mu mateka y’igihugu.

Mu Rwanda, Umunsi w’Intwari wizihizwa buri mwaka ku wa 1 Gashyantare. Ni umwanya wo kuzirikana no guha icyubahiro Intwari z’u Rwanda, zagize uruhare rukomeye mu mateka y’igihugu, haba mu gukunda no kurengera igihugu, guharanira ukuri, ubutabera no gufasha abandi.

Ni igihe cyo gukangurira Abanyarwanda bose gukomeza kugaragaza ubutwari mu buzima bwa buri munsi. Inama y’Igihugu y’Intwari (CHENO) yashyize Intwari z’u Rwanda mu byiciro bitatu.

Icyiciro cy’Imanzi: Intwari zagaragaje ubutwari budasanzwe ntizigire ikindi zitinya. Muri iki cyiciro harimo Maj. Gen. Fred Gisa Rwigema n’Umusirikare Utazwi.

Icyiciro cy’Imena: Intwari zagaragaje ubutwari buhebuje mu mibereho y’igihugu. Harimo abantu nka Agathe Uwilingiyimana, wari Minisitiri w’Intebe, n’abandi bagizwe intwari.

Icyiciro cy’Ingenzi: Intwari zagaragaje ibikorwa by’indashyikirwa mu mibereho y’igihugu, ariko zitari mu byiciro bibiri bya mbere.

Uyu munsi wizihizwa binyuze mu biganiro kuri za radiyo na Televiziyo bikangurira abantu gukomeza kwigira ku ntwari. Hashyirwa kandi indabo ku rwibutso rw’Intwari.

Haba n’ibiganiro mu mashuri, insanganyamatsiko zigaragaza ko buri Munyarwanda ashobora kuba intwari mu buzima bwa buri munsi.

Buri mwaka haba insanganyamatsiko igamije gukangurira abantu kugira ibikorwa bigaragaza ubutwari.

Mu Rwanda, uyu munsi uri kwizihizwa ku nshuro ya 31 ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubutwari n’Ubumwe bw’Abanyarwanda, inkingi z’iterambere”.

Intwari ni umuntu ukurikirana ibyo yiyemeje kugeraho bikavamo igikorwa cy’ikirenga gifitiye abandi akamaro, akabikora mu bupfura, mu kwihangana no mu bwitange buhebuje kandi akirinda ubugwari mu migirire ye, ntagamburuzwe n’amananiza.

Intwari zizirikanwa kuri uyu munsi ni umusirikare utazwi izina, uhagarariye ingabo zose zaguye n’izizagwa ku rugamba zirwanirira igihugu.

Hari kandi General Fred Gisa Rwigema watangije urugamba rwo kubohora u Rwanda wanaruguyeho ku itariki 2 Ukwakira 1990, aho ari mu cyiciro cy’Imanzi.

Hari n’abashyizwe mu cyiciro cy’Imena nk’umwami Mutara III Rudahigwa, Michel Rwagasana, Mme Uwiringiyimana Agatha, Niyitegeka Felicité n’abanyeshuri b’i Nyange.

You Might Also Like

Minisitiri Nduhungirehe Olivier aranenga abayobozi bakomeje gusakaza amakuru ashobora guhungabanya amasezerano hagati na RDC

Elon Musk akomeje kwicuza icyamuteye kugirana ibibazo na Donald Trump

Minisitiri Constant Mutamba yongeye guterana amagambo n’umushinjacyaha mukuru

Inkura 70 zari zitegerejwe mu Rwanda zagejejwe muri Parike y’igihugu y’akagera

Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi

Nsanzabera Jean Paul February 1, 2025 February 1, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Burundi : Kiki Toure yatuye abakundana indirimbo ye nshya yise Ndagukunda (Video )

February 10, 2024
Andi makuru

Umuherwe Elon Musk yavuye mu kazi yari yarahawe na Perezida Trump

May 29, 2025
Imyidagaduro

Manager Muyoboke Alex yasabye abahanzi kuvuga ukuri kubyo bazi kuri Jenoside

April 11, 2023
Utuntu n'utundi

CG Gasana Emmanuel yasabiwe gufungwa by’agateganyo

November 10, 2023
Andi makuruImikino

Eco Arts ku bufatanye na Ferwafa bateguye ikiganiro n’abanyamakuru ku mitegurire y’Irushanwa rya SECOTO

May 23, 2023
Imikino

CAF : Victor Osimhen niwe wegukanye igihembo cy’Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika!

December 12, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?