SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi
Andi makuru

Umudage Rudiger Koch yaciye agahigko ko kumara iminsi 120 yibera munsi y’amazi

Nsanzabera Jean Paul
Nsanzabera Jean Paul Published January 26, 2025
Share
SHARE

Umugabo wo mu Budage w’imyaka 59 witwa Rudiger Koch yaciye agahigo ko kuba munsi y’amazi iminsi 120 atagera imusozi, akuraho akari gasanzwe gafitwe n’Umunyamerika witwa Joseph Dituri wamaze iminsi 100 munsi y’amazi yo muri Leta ya Florida.

Koch usanzwe ari umuhanga mu by’isanzure yabaga muri metero 11 munsi y’amazi hafi ni inkombe za Panama, aba mu bwato.

Yavuye mu bwato yabagamo ku wa 24 Mutarama 2024 ndetse byemezwa na Susana Reyes uri mu bashinzwe kwemeza ko umuntu yaciye agahigo muri Guinness de Records.

Susana Reyes yavuze ko ari ibintu byari bigoye kubyemeza kuko mu bwato bwa Koch harimo camera enye zari zishinzwe kugenzura ko atigeze asohoka mu bwato kandi nta bibazo byo mu mutwe yagize, muri iyo minsi yose.

Koch amaze kuva mu mazi, yavuze ko byari ibintu byiza kandi yabyishimiye, biba akarusho iyo byabaga bigeze mu masaha ya nijoro.

Yagize ati “Ni byiza iyo ibintu byose bituje hakijima ubundi inyanja igashashagirana, ni ibintu ntabona uko nsobanura muzabikore namwe mwumve uko bimeze”

Ubwato bwa Koch bwari bwubatse mu buryo bugezweho bufite igitanda, televiziyo, ubwiherero, igare rya siporo, imashini ndetse na internet.

Ubu bwato kandi bwari bufite icyumba hejuru y’amazi gifite inzira abamuzaniye ibiryo, abaje kumusura cyangwa se umuganga banyuramo.

Koch yabwiye umunyamakuru wa AFP wamusuye akiri munsi y’amazi ko ako gahigo yashakaga guca, kazahindura imyumvire y’abantu cyane cyane aho bashobora gutura.

Yagize ati “Ibyo turi gukora hano ni kugerageza ko inyanja ari ahantu hatekanye ku bantu ”

Koch kugira ngo yiyemeze guca aka gahigo yabitewe no gukunda umugabo wabaga munsi y’amazi mu gitabo cyitwa ’Twenty Thousand Leagues Under the Sea’ cyanditswe na Jules Verne mu kinyejana cya 19.

You Might Also Like

Inkura 70 zari zitegerejwe mu Rwanda zagejejwe muri Parike y’igihugu y’akagera

Aline Gahongayire yahembuye imitima ya benshi bitabiriye igitaramo yakoreye mu bubiligi

Kazungu Denis agiye gusubizwa mu rukiko

Annette Murava akomeje kugaragaza urukundo akunda umugabo

Perezida Tshisekedi yahaye indabo Minisitiri Kayikwamba amushimira akazi ari gukora

Nsanzabera Jean Paul January 26, 2025 January 26, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umushumba wa Kiliziya gatolika Papa Francis yanenze umushinga wa Trump wo kwirukana abimukira

January 20, 2025
Iyobokamana

Miss Nimwiza Meghan yakiriye agakiza abatizwa mu mazi menshi

May 29, 2024
Ubuzima

Nyiramandwa wari inshuti ya Perezida Kagame yitabye Imana

December 30, 2022
Utuntu n'utundi

Urubanza rwa Kazungu rwongeye gusubikwa

February 2, 2024
Andi makuru

Kampayana Augustin wayoboye akarere ka Nyarugenge n’ibindi bigo yitabye Imana

February 5, 2024
Andi makuru

Chley wamenyekanye mu ndirimbo komasava rmx ya Diamond azataramira I kigali

August 5, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?