SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: RIB yaburiye abakomeje gukangisha Adonis Jovon Filer amashusho bagamije kumuteranya n’umukunzi we
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > RIB yaburiye abakomeje gukangisha Adonis Jovon Filer amashusho bagamije kumuteranya n’umukunzi we
Imyidagaduro

RIB yaburiye abakomeje gukangisha Adonis Jovon Filer amashusho bagamije kumuteranya n’umukunzi we

Gossip Kigali
Last updated: 2025/01/16 at 10:00 AM
Gossip Kigali
Share
3 Min Read
SHARE

Urukundo rwa Adonis Jovon Filer ukinira APR BBC na Kathia Uwase Kamali uri mu bakobwa bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga, rukomeje kugerwa intorezo n’abashinja uyu musore ubuhehesi, n’ubwo yamaze gutera ivi, asaba uyu mukobwa ko yazamubera umugore.

Iyi kidobya mu rukundo rw’aba bombi yatangiye kuzamuka nyuma y’ubutumwa uwitwa Ellah Rwanda yashyize ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko uyu musore aryamana n’abandi bakobwa n’ubwo akundana na Kathia Kamali.

Yakomeje abwira Kamali ko “Adonis ntabwo ari uwawe, ni uwacu twese.”

Ni ubutumwa bwasakaye nyuma y’iminsi mike Adonis asabye Kathia Kamali ko yazamubera Umugore, undi arabyemera.

Adonis akimara kubona ubu butumwa yahise abunyomoza akoresheje Urubuga nkoranyambaga rwa X, aho yagize ati “Ni uwa twese? ishyari rizabamara. Ndi uwa Kathia gusa.”

Ibintu byongeye gufata indi ntera ku mugoroba wo ku wa Kabiri no mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ubwo abantu batangiraga guhererakanya amashusho y’ubwambure bivugwa ko ari ayo Adonis yahorereje umwe muri aba bakobwa.

Ni amashusho bigaragara ko yoherejwe hakoreshejwe urubuga rwa SnapChat. Agaragaza umusore usa n’uwicaye mu ntebe yambaye ubusa, afashe igitsina cye mu ntoki.

Nubwo nta cyemeza ko uyu musore ugaragara muri aya mashusho ari Adonis, abayabonye batangiye gutega iminsi urukundo rw’aba bombi, bavuga ko ashobora gutuma basubika gahunda yo kubana, mu gihe abandi bavuga ko ari igihe cyiza cyo kugaragaza imbaraga z’urwo bakundana.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr. Dr. Murangira B. Thierry, yongeye kuburira abakangisha abandi gushyira hanze amashusho y’ubwambure bwabo, avuga ko ari icyaha gifite ibihano bikomeye.

Dr. Murangira yavuze ko “Ubu butumwa ni ingenzi muri iki gihe turimo cy’ikoranabuhanga. Dufatanye kurwanya ibyaha bikorwa hifashishijwe imbuga nkoranyambaga birimo n’icyo gukangisha gusebanya hifashishijwe amafoto y’ubwambure.”

Ubu butumwa bwatanzwe n’Umuvugizi wa RIB, bwakurikiye ubutumwa bwinshi bw’abakoresha imbuga nkoranyambaga bagaragazaga ko bafite amashusho y’ubwambure y’uyu musore.

Nubwo nta n’umwe wayasakaje ku mbuga nkoranyambaga, ubutumwa busa n’ubutera ubwoba Adonis ni bwinshi, aho hari abavuga ko bafite ayo mashusho ndetse bagasaba abatarayabona kubegera bakayabasangiza.

Inkuru y’amashusho y’ubwambure bwa Adonis yagiye hanze ikurikiye iyari yadutse y’uko uyu musore yaba aca inyuma Kathia Uwase Kamali.

Ku wa 1 Mutarama 2025, ni bwo Adonis yambitse impeta Kathia uvukana na Miss Nishimwe Naomie, bombi bamenyekanye cyane mu itsinda rya ’Mackenzies’ ryakunzwe ku mbuga nkoranyambaga.

Urukundo rwa Adonis na Kathia rwatangiye kuvugwa mu 2020, ubwo uyu mukinnyi yari amaze kuba icyamamare muri Basketball yo mu Rwanda.

You Might Also Like

The Ben yaciye amarenga yo gukora igitaramo cya Kabiri cya New Year Groove

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

Gossip Kigali January 16, 2025 January 16, 2025
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Jose Chameleon yageze I Kigali aherekejwe na Teta Sandra yanga kuganira n’itangazamakuru

May 23, 2025
Imyidagaduro

Bwiza na Danny Vumbi bahuje Imbaraga basubiramo indirimbo Ni dange yabiciye mu myaka yashize (Video )

May 22, 2024
Utuntu n'utundi

Umunyamakuru Jean Paul Nkundineza yasabiwe gufungwa imyaka 10

March 20, 2024
Imyidagaduro

Abahanzi bakomeje gushyira hanze indirimbo zizakoreshwa mu matora ya Perezida wa Repubulika

May 28, 2024
Imyidagaduro

Knowless arasaba abanyarwanda kwamagana amahanga akomeje kwibasira u Rwanda

March 7, 2025
Andi makuru

RDC ntiyahagarariwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wayo mu nama ya EAC na SADC muri Tanzaniya

February 8, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?