SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Jimmy Carter wabaye Perezida w’Amerika yitabye Imana
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Jimmy Carter wabaye Perezida w’Amerika yitabye Imana
Andi makuru

Jimmy Carter wabaye Perezida w’Amerika yitabye Imana

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/30 at 10:18 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Jimmy Carter wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yitabye Imana mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 29 Ukuboza 2024.

Uyu mugabo wayoboye Amerika kuva mu 1977-1981yitabye Imana ku myaka 100.

Yapfuye nyuma y’uko yari amaze igihe ahabwa ubuvuzi bugenewe abantu bari mu minsi yabo ya nyuma.

Joe Biden n’umugore we, Jill Biden bifatanyije n’umuryango wa Jimmy n’inshuti za Amerika muri rusange muri ibi bihe.

Mu itangazo bashyize hanze, bavuze ko “Uyu munsi Amerika n’Isi batakaje uw’agaciro kanini, umunyapolitiki ukomeye akaba n’umuntu witangira abandi.”

Donald Trump uherutse gutorerwa kongera kuyobora Amerika, nawe abinyujije ku rubuga rwa Truth yunamiye Jimmy Carter, amushimira umusanzu we mu guteza imbere Amerika.

Ati “Jimmy yahuye n’ingorane zikomeye nk’umukuru w’igihugu mu bihe byari bikomereye Amerika ariko ntacyo atakoze kugira ngo ubuzima bw’Abanyamerika bose butere imbere. Ku bw’ibyo byose twese tumufitiye umwenda wo kubimushimira.”

Jimmy Carter ni we muntu wayoboye Amerika wari ukiriho ukuze kurusha abandi.

Yari amaze igihe kitari gito afite uburwayi butandukanye burimo na cancer y’uruhu izwi nka ‘melanoma’ yari yaratangiye no gufata ku bice by’ubwonko.

Jimmy Carter yahawe igihembo cyitiriwe Nobel muri 1978, kubera kugeza Misiri na Israel ku biganiro by’amahoro bigatanga umusaruro.

Asize abana bane, Jack, Chip, Jeff na Amy; abuzukuru 11 n’abuzukuruza 14.

Rosalynn Carter, umugore wa Jimmy Carter yapfuye mu Ugushyingo umwaka ushize afite imyaka 96.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul December 30, 2024 December 30, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruImyidagaduro

Abahanzi Bushali, Ariel Wayz, Ruti Joel, Chriss Eazy bazataramira abazitabira ibirori bya Kigali Protocal

June 21, 2023
Imyidagaduro

Young Grace yakiranywe urugwiro n’abarimo Dj Traxx I Dubai

September 19, 2024
Imyidagaduro

The Ben agiye gukorera ibitaramo mu gihugu cya Canada

November 12, 2024
Andi makuru

Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .

May 15, 2024
Imyidagaduro

Vava Dorimbogo yitabye Imana

July 28, 2024
Imyidagaduro

Element yasinye imyaka 3 muri Label 1: 55 AM ikoreramo Bruce Melodie

January 13, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?