SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Selena Gomez mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta n’Umukunzi
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Selena Gomez mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta n’Umukunzi
Imyidagaduro

Selena Gomez mu byishimo nyuma yo kwambikwa impeta n’Umukunzi

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/12/13 at 9:49 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Selena Gomez yambitswe impeta y’urukundo n’umukunzi we Benny Blanco wamusabye ko bazarushinga, nyuma y’umwaka umwe n’igice bashyize ku mugaragaro iby’umubano wabo.

Ni amakuru Gomez yashyize hanze ku mugoroba wo ku wa 11 Ukuboza 2024, abinyujije kuri Instagram ye, ari na ko asangiza abamukurikira kuri urwo rubuga, amafoto yambitswe impeta.

Mu buryo bugaragaza ko yanyuzwe Gomez yanditse ati “Ubu urugendo rwo kubana akaramata ni bwo rutangiye.”

Uyu muhanzikazi w’imyaka 32 yari yaravuzweho kuba ari mu mushinga w’ubukwe n’uyu musore, icyakora ntiyagira icyo abivugaho.

Byari biturutse ku ifoto yashyize ku mbuga nkoranyambaga, ari imbere y’indorerwamo nyuma ashyiraho udutima tw’urukundo. Iyo foto ye na Blanco w’imyaka 36 yayigaragaragamo ariko ubona atareba muri camera.

Ibi byamamare byombi byatangiye gukundana muri Kanama 2023, gusa baza kwemeza umubano wabo mu itangazamakuru mu Ukuboza k’uwo mwaka.

Selena Gomez wakunzwe mu ndirimbo zitandukanye no muri filime yagiye akina, yabanje gukundana na Justin Bieber igihe cy’imyaka 10 nyamara urukundo rwabo ruza gukendera batarushinze.

Ubwo iby’urukundo rwe rushya byashyirwaga hanze, abafana banagaruye iyo ngingo banagaragazaga ko uyu musore wegukanye Gomez yari n’inshuti ya Bieber.

Icyakora Gomez na Blanco na bo bari inshuti ndetse bafatanya mu mishinga itandukanye na mbere y’uko bemeranya kubana, kuko uyu musore yigeze kugaragara mu mashusho y’indirimbo ya Selena Gomez izwi nka ‘I Can’t Get Enough’ mu 2019.

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul December 13, 2024 December 13, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Tumaini Byinshi n’umugore we bifatanyije n’imiryango 20 ku isabukuru yabo

January 10, 2024
Ikoranabuhanga

Airtel Rwanda yatangiye kugeza ku banyarwanda telefone zifite internet inyaruka (Amafoto)

October 16, 2023
Andi makuru

Alexander Lukashenko agiye kwiyamamariza manda ya 7

October 23, 2024
Imikino

U Rwanda rwongereye amasezerano yo gukomeza kwakira imikino ya BAL

June 19, 2023
Andi makuru

Perezida Paul Kagame yunamiye Papa Francis witabye Imana

April 22, 2025
Andi makuru

Michelle Obama akomeje kwibasirwa nyuma yo kutitabira umuhango wo gushyingura Jimmy Carter

January 10, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?