SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umwe mu bashinja P Diddy yasabwe gutangaza amazina y’ukuri
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umwe mu bashinja P Diddy yasabwe gutangaza amazina y’ukuri
Imyidagaduro

Umwe mu bashinja P Diddy yasabwe gutangaza amazina y’ukuri

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2025/03/06 at 11:10 AM
Wakibi Geoffrey
Share
1 Min Read
SHARE

Nyuma y’uko P.Diddy asabye urukiko kubwirwa amazina y’abantu bamureze, kuri ubu urukiko rwasabye umwe mu bagore batanze ikirego kwivuga amazina nyakuri cyangwa ikirego cye kigateshwa agaciro.

Umwe mu bagore basabwe kuvuga amazina ye yari yahawe izina rya ‘Jane Doe’ mu rubanza ku bw’umutekano we, ariko urukiko rwa New York rwamutegetse ko agomba gutangaza imyirondoro ye ya nyayo cyangwa dosiye ye igakurwa mu rukiko nk’uko TMZ ibitangaza.

Umucamanza Mary Kay Vyskocil yavuze ko n’ubwo ikirego cy’uyu mugore gifite ishingiro, ariko nta mpamvu ifatika yigeze agaragaza ko imyirondoro ye ikwiye kugirwa ibanga, bityo ko agomba gukoresha imyirondoro ye ya nyayo.

Ikirego cy’uyu mugore ni kimwe mu birego 120 byatanzwe n’umunyamategeko Tony Buzbee, ariko umucamanza Mary Kay yasabye Jane gutanga imyirondoro ye bitarenze ku wa 13 Ugushyingo 2024, cyangwa ikirego cye kigateshwa agaciro.

Uyu mugore wiswe ‘Jane Doe’ yatanze ikirego avuga ko P Diddy yamusambanyije mu myaka 20 ishize ubwo yari afite imyaka 19 y’amavuko, icyakora abunganira Diddy bo bahakaye iki kirego bavuga ko atigeze amuhohotera.

Diddy yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2024 afungirwa i New York akurikiranweho ibyaha bishingiye ku ihohoterwa ryo ku gitsina, aho azatangira kuburana muri Gicurasi 2025.

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Wakibi Geoffrey March 6, 2025 October 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Utuntu n'utundi

Imva ya Yevgeny Prigozhin yashyizweho uburinzi bukomeye

September 22, 2023
Andi makuru

Brig Gen Stanislas Gashugi yagizwe umuyobozi Mukuru wa Special Operations Force

March 16, 2025
Imyidagaduro

Umuryango wa Producer Ayo Rash n’umugore we bibarutse Imfura yabo

March 14, 2023
Andi makuru

Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa

August 31, 2024
Imyidagaduro

Kwibuka 29 : Bwiza yahaye umukoro urubyiruko wo kwiga no kumenya amateka yaranze u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

April 10, 2023
Imikino

NBA: Clare Akamanzi yagizwe Umuyobozi wa NBA Africa!

December 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?