SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa
Andi makuru

Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/31 at 1:33 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwasabye Leta ya Mongolia gufunga Perezida Vladimir Putin ubwo azaba ari kugirirayo uruzinduko tariki ya 2 Nzeri 2024.

Muri Werurwe 2023, ICC, yasohoye impapuro zo guta muri yombi Perezida Putin uyobora u Burusiya, imushinja icyaha kirimo gukura abana muri Ukraine mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibi byaha Perezida Putin ashinjwa kubikora kuva muri Gashyantare 2022, ubwo ingabo z’u Burusiya zatangiraga kugaba ibitero mu ntara ya Donetsk na Luhansk muri Ukraine.

Leta y’u Burusiya yateye utwatsi iki kirego, igaragaza ko gukura abana mu bice biberamo intambara atari icyaha. Nayo muri Gicurasi 2023, yasohoye impapuro zo guta muri yombi Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Khan.

Mu gihe Putin yitegura kujya kwifatanya n’abo muri Mongolia kwizihiza umunsi mukuru w’urugamba rwa Khalkhin Gol rwabaye mu 1939, Umuvugizi wa ICC, Fadi el-Abdallah yibukije Mongolia iri mu bihugu byashyize umukono ku masezerano agenga uru rukiko.

Fadi usaba Mongolia kuzafunga Putin yasobanuye ko iyo igihugu kirebwa n’aya masezerano kitifatanyije n’ibindi kuyubahiriza, abacamanza ba ICC babimenyesha Inteko Rusange y’ibihugu byose bireba, bigafata icyemezo.

Yagize ati “Iyo hatabayeho ubufatanye, abacamanza ba ICC babikoraho iperereza, bakamenyesha Inteko Rusange y’ibihugu birebwa na yo. Ubwo ni bwo Inteko Rusange ifata icyemezo ibona ko gikwiye.”

Leta ya Ukraine na yo yamaze kwandikira Mongolia, iyisaba kuzafunga Perezida Putin gusa u Burusiya bwagaragaje ko nta bwoba bufite bwo kuba uyu Mukuru w’Igihugu yafungwa, busobanura ko uruzinduko rwe rwateguwe neza.

You Might Also Like

Qatar igiye guha USA indege ya Boeing 747-8 izakoreshwa nka Air Force One

Umusirikare wa FARDC yinjiye mu rusengero arasa abarimo umwana w’amezi 4 bahasiga ubuzima

Perezida Ramaphosa yakuriye inzira abakeka ko afitanye ikibazo na Perezida Kagame

Bisi zikoresha amashanyarazi zatangiye kugeragezwa gutwara abagenzi mu Ntara

Cardinal Robert ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatorewe kuba Papa Mushya afata izina rya Leon XIV

Nsanzabera Jean Paul August 31, 2024 August 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Kwibuka31 :Abayobozi n’abakozi ba Roots Investment Group biyemeje kurwanya buri wese ufite ingengabitekerezo ya Jenoside ku mbuga nkoranyambaga

April 16, 2025
Imikino

Icyo imibare ivuga kuri Tour du Rwanda 2024

February 17, 2024
Andi makuru

Gen Kazura yahererekanyije ububasha na Lt Gen Mubarakh Muganga

June 6, 2023
Imyidagaduro

Umunyarwenya Kevin heart ari mu Rwanda (Amafoto)

July 19, 2023
Imyidagaduro

Umuhanzi Real Limu yahuje imbaraga na Justin bashyira hanze indirimbo bise Imihigo irakomeje

May 14, 2024
Imyidagaduro

Nyiramana wamenyekanye muri Filime ‘Seburikoko’ yitabye Imana

September 2, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?