Urugendo rw’indege rwakererewe kuri uyu wa Gatanu ku kibuga cy’indege cya Manchester mu Bwongereza, kubera umugabo winjiye mu ndege atari ku rutonde rw’abagomba kuyigendamo.
Byabaye ku ndege ya sosiyete EasyJet yari igiye kwerekeza mu mujyi wa Milan mu Butaliyani.
BBC yatangaje ko uyu mugabo yitiranyije indege, kuko yagombaga kujya mu yindi itari iyo.
Urugendo rw’indege byabaye ngombwa ko rukererezwa kugira ngo ababishinzwe babanze bamenye ibyo aribyo.
Mu gihe iperereza ryari rigikorwa, uwo mugabo yabaye atawe muri yombi.
Ntabwo hatanzwe amakuru arambuye niba uwo mugabo yageze aho akarekurwa agakomeza urugendo.