SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Umuraperi Rich Homie Quan yitabye Imana azize ibiyobyabwenge
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Umuraperi Rich Homie Quan yitabye Imana azize ibiyobyabwenge
Imyidagaduro

Umuraperi Rich Homie Quan yitabye Imana azize ibiyobyabwenge

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/09/06 at 6:48 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Umuraperi w’Umunyamerika Born Dequantes Lamar wamamaye nka Rich Homie Quan cyangwa se RHQ, yitabye Imana ku myaka 34.

TMZ yatangaje ko yahawe amakuru yemeza ko uyu musore wakomokaga muri Atlanta yapfuye kuri uyu wa Kane tariki 5 Nzeri 2024.

Umuryango w’uyu muhanzi wabwiye iki kinyamakuru ko washenguwe bikomeye n’urupfu rwe rwatunguranye.

Ntabwo icyateye urupfu rwe kiramenyekana gusa mugenzi we Boosie Badazz, yanditse kuri X ko ashobora kuba yishwe no gufata ibiyobyabwenge birengeje urugero.

Rich Homie Quan yatangiye kumenyakana mu 2013 biturutse ku ndirimbo ye yitwa “Type of Way” yanagaragaye ku rutonde rwa “Billboard Hot 100” iza ku mwanya wa 50 yakurikiwe n’izindi zakunzwe zirimo “Flex (Ooh, Ooh, Ooh)”, “Ride Out” n’izindi.

Rich Homie Quan yakoranye n’abandi baraperi bo mu Mujyi wa Atlanta avukamo barimo 2 Chainz na Jacquees ndetse yanakoranye na Young Thug mu mushinga w’indirimbo yiswe “Rich Gang” ya Cash Money Records.

Asize abana babiri barimo uwitwa Royal Lamar ndetse na Devin D. Lamar.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul September 6, 2024 September 6, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Chorale Christus Regnat yahembuye imitima y’abitabiriye igitaramo cyabo (Amafoto)

November 20, 2023
Imyidagaduro

Spice Diana yahishuye ko adafite gahunda yo kubyara vuba

March 27, 2025
Ikoranabuhanga

Claude Mwene Karangwa uzwi kuri Twitter yatawe muri yombi

September 20, 2023
Imyidagaduro

Element EléeeH yahembuye imitima y’inkumi z’I Kampala zimurundaho amashilingi

November 28, 2024
Imyidagaduro

Nufashwa Yafasha Yashimiye abana basoje icyiciro cya kabiri cy’amasomo yabo y’incuke

July 18, 2023
Imikino

Abazitabira Tour Du Rwanda bijejwe umutekano usesuye

February 6, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?