SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa
Andi makuru

Perezida Vladimir Putin yasabiwe na ICC gufungwa

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/08/31 at 1:33 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC, rwasabye Leta ya Mongolia gufunga Perezida Vladimir Putin ubwo azaba ari kugirirayo uruzinduko tariki ya 2 Nzeri 2024.

Muri Werurwe 2023, ICC, yasohoye impapuro zo guta muri yombi Perezida Putin uyobora u Burusiya, imushinja icyaha kirimo gukura abana muri Ukraine mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Ibi byaha Perezida Putin ashinjwa kubikora kuva muri Gashyantare 2022, ubwo ingabo z’u Burusiya zatangiraga kugaba ibitero mu ntara ya Donetsk na Luhansk muri Ukraine.

Leta y’u Burusiya yateye utwatsi iki kirego, igaragaza ko gukura abana mu bice biberamo intambara atari icyaha. Nayo muri Gicurasi 2023, yasohoye impapuro zo guta muri yombi Umushinjacyaha Mukuru wa ICC, Karim Khan.

Mu gihe Putin yitegura kujya kwifatanya n’abo muri Mongolia kwizihiza umunsi mukuru w’urugamba rwa Khalkhin Gol rwabaye mu 1939, Umuvugizi wa ICC, Fadi el-Abdallah yibukije Mongolia iri mu bihugu byashyize umukono ku masezerano agenga uru rukiko.

Fadi usaba Mongolia kuzafunga Putin yasobanuye ko iyo igihugu kirebwa n’aya masezerano kitifatanyije n’ibindi kuyubahiriza, abacamanza ba ICC babimenyesha Inteko Rusange y’ibihugu byose bireba, bigafata icyemezo.

Yagize ati “Iyo hatabayeho ubufatanye, abacamanza ba ICC babikoraho iperereza, bakamenyesha Inteko Rusange y’ibihugu birebwa na yo. Ubwo ni bwo Inteko Rusange ifata icyemezo ibona ko gikwiye.”

Leta ya Ukraine na yo yamaze kwandikira Mongolia, iyisaba kuzafunga Perezida Putin gusa u Burusiya bwagaragaje ko nta bwoba bufite bwo kuba uyu Mukuru w’Igihugu yafungwa, busobanura ko uruzinduko rwe rwateguwe neza.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul August 31, 2024 August 31, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Iyobokamana

Amafoto ya Perezida Andrzej Duda apfukamye imbere y’ishusho ya Bikira Mariya yazamuye imbamutima za benshi

February 9, 2024
Imyidagaduro

Abba Marcus Umuhuungu wa Chameleone yikomye abari kuvuga nyina nabi

December 17, 2024
Imyidagaduro

Nemeye Platini yishimiye ko umuhigo yiyemeje wo gufasha abana ba Jay Polly yawesheje

May 1, 2024
Imyidagaduro

Canal + yashyize hanze urutonde rwa Filime Nyarwanda zizerekanwa kuri Zacu Tv harimo na Seburikoko

September 8, 2023
Imyidagaduro

Kevin Kade yatumiwe mu gitaramo cya Deira Party i Dubai

September 25, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Latvia

October 2, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?