SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Utuntu n'utundi > Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo
Utuntu n'utundi

Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/08/28 at 3:10 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Guverinoma ya Namibia yatangaje ko yafashe icyemezo cyo gukumira ubwato bunini bwa ‘MV Kathrin’ bwikoreye intwaro bikekwa ko zagenewe ingabo za Israel iri mu ntambara mu ntara ya Gaza.

Nyuma y’aho biketswe ko abatwara ubu bwato bafite gahunda yo kubuhagarika ku cyambu cya Namibia ku nyanja ya Atlantique, Minisitiri w’Ubutabera Yvonne Dausab yasabye urwego rushinzwe ibyambu kutabwemerera.

Mu kiganiro n’ikinyamakuru New Era, Minisitiri Dausab yagize ati “Nasabye urwego rwa Namibia rushinzwe ibyambu kwemera ubusabe bwo kutemerera ubwato bwa MV Kathrin guhagarara ku byambu byacu.”

Yagize ati “Ubwo nakiraga amakuru y’uko ubu bwato bushobora kuba bwikoreye intwaro zerekeza muri Israel, nandikiye guverinoma, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Minisiteri y’Umurimo na Minisiteri y’Umutekano, mbagira inama kandi mbibutsa inshingano mpuzamahanga dufite, atari iyo kurwanya no gukumira jenoside gusa, ahubwo n’igenga urukiko mpuzamahanga.”

Minisitiri Dausab yasobanuye ko iki cyemezo kiri mu murongo wa Leta ya Namibia wo gushyigikira Palestine, mu gihe intara yayo ya Gaza ikomeje kugabwaho ibitero n’ingabo za Israel.

Yavuze ko nka Minisitiri w’Ubutabera, agomba gukora ibishoboka byose mu nshingano ze kugira ngo Leta ya Namibia yubahirize itegeko mpuzamahanga ndetse n’amahame yashyizeho umukono arimo iryo kurwanya no gukumira jenoside.

Uyu muyobozi yavuze ko icyemezo yafashwe kizatuma ibindi bihugu, cyane cyane ibyo muri Afurika bifata ingamba zishyigikira Palestine muri ibi bihe, ari na wo murongo Namibia irimo.

Minisitiri Nausab yemeje ko inzego zishinzwe umutekano zakoze iperereza, zisanga ubu bwato bwikoreye intwaro. Ikitaramenyekana ni aho bwaturutse.

 

You Might Also Like

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

Meet Amb. Kingsley Amafibe A Vocal Advocate Of Unity and Peaceful Co-existence

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

Donald Trump na Kamala Harris guhurira mu kiganiro mpaka

Urusengero rwa Pastor Mboro rwigabijwe n’abanyeshuri bararutwika

Wakibi Geoffrey August 28, 2024 August 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Dr Murangira  yasabye abakoresha imbuga nkoranyambaga kuva mu bibazo bya Danny Nanone n’uwo babyaranye

March 20, 2025
Imyidagaduro

Element yasinye imyaka 3 muri Label 1: 55 AM ikoreramo Bruce Melodie

January 13, 2023
Iyobokamana

Adrien Misigaro, Patient Bizimana, Serge Iyamuremye bagiye guhurira mu gitaramo kizabera Phoenix

December 12, 2023
Andi makuru

Umuramyi Emmy yongeye gushimira mu ndirimbo ye nshya yise ku birenge bya Yesu (Video)

November 20, 2024
Imikino

Dusingizimana Eric wakoze amateka muri Cricket yasezeye mu ikipe y’Igihugu

December 13, 2024
Andi makuru

Umuhango wo kwita izina abana b’ingagi ku nshuro ya 20 uzaba muri Nzeri

May 29, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?