SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Burna Boy yatamajwe n’agatama ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye I Kosovo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Burna Boy yatamajwe n’agatama ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye I Kosovo
Imyidagaduro

Burna Boy yatamajwe n’agatama ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye I Kosovo

Gossip Kigali
Last updated: 2024/07/29 at 9:48 PM
Gossip Kigali
Share
1 Min Read
SHARE

Umuhanzi Burna Boy yaguye ku rubyiniro mu gitaramo yakoreye mu mujyi wa Prishtna ariko Imana iratabara ntihagira icyo aba.

Umuhanzi Burna Boy ni umwe mu bari bitezwe kandi bataramye mu iserukiramuco rya 2024 Sunny Hill Festival ryabereye mu gihugu cya Kosovo giherereye mu Majyepfo ashyira Uburasirazuba bw’u Burayi mu mujyi wa Prishtna.

Ubwo yari ku rubyiniro, Burna Boy yamanutse asanganira abafana be kugira ngo aririmbe abegereye ariko ahura n’uruvagusenya akandagira nabi aradandabirana.

Burna Boy yagerageje kwirwanaho nk’umusore kugira ngo atagwa hasi imbere y’abafana be hanyuma abashinzwe umutekano we bahita batabarira hafi ntiyabasha kugera hasi, ahita akomeza kuririmba nk’aho nta cyabaye.

Iri serukiramuco ryaririmbyemo abandi bahanzi barimo Stromzy, Bebe Rexha, The Blaze, YLL Limani, The Martinez brothers n’abandi benshi.

Iri Serukiramuco kandi ryacuranzemo abavangamiziki batandukanye barimo kabuhariwe Black Coffee ukomoka muri Afurika y’Epfo, Dj Snake,…

Iserukiramuco rya Sunny Hill Festival rimaze kuba ubukombe mu bice by’Amajyepfo ashyira uburasirazuba bw’Uburayi aho ryaherukaga kubera muri Kosovo mu mwaka wa 2022.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Gossip Kigali July 29, 2024 July 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Umuramyi Emmy yongeye gushimira mu ndirimbo ye nshya yise ku birenge bya Yesu (Video)

November 20, 2024
Andi makuru

Joseph Kabila yagiranye inama nyunguranabitekerezo n’abayobozi b’amadini muri Goma

May 29, 2025
Imyidagaduro

Umuhanzi Kevin Montana yinjiye mu bushabitsi bwa Restaurant muri Musanze

December 11, 2024
Imyidagaduro

Javanix yakoranye indirimbo na Mr Nice bise Hakuna Noma (Video)

January 16, 2025
Imyidagaduro

Bushali ,Muhinde, Umushumba barishimiwe cyane mu gitaramo baherutse gukorera I Musanze (Amafoto)

May 10, 2025
Imikino

Nshimiyimana Yunusu ni myugariro witwara neza: Umutoza wa APR FC nyuma yo kunganya na AS KIGALI!

November 27, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?