SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Oldies Music Festival’ yaranzwe n’udushya Fuadi ahemberwa kwambara neza (Amafoto)
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Oldies Music Festival’ yaranzwe n’udushya Fuadi ahemberwa kwambara neza (Amafoto)
Imyidagaduro

Oldies Music Festival’ yaranzwe n’udushya Fuadi ahemberwa kwambara neza (Amafoto)

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/07/28 at 2:25 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Tariki ya 27 Nyakanga 2024 wari umugoroba wari utegerejwe na benshi mu bakunzi b’Umuziki wo mu bihe byahise aho habaye Iserukiramuco ‘Oldies Music Festival’ ryabaye  ku nshuro yaryo  ya kane  rikarangwa n’udushya  twaranze ibihe byo  mu myaka ya  za 80 kuzamura .

Iri iserukiramuco ryabereye muri ‘Juru Park’ ku i Rebero, aho byitabiriwe n’abantu batandukanye bakunda umuziki wo hambere

Iri serukiramuco ryahuriyemo abavanga imiziki bamenyerewe mu Rwanda barimo DJ RY ufite agahigo ko kuba atarasiba kuricurangamo na rimwe ndetse na Regis Isheja ukoresha amazina ya DJ King Reg,

RY niwe wacuranze igihe kinini muri iki gitaramo, aho yibukije ababyitabiriye indirimbo zirimo ‘Kila Mtu Na Dem Wake’ ya MR Nice, ‘I’ve Been Thinking About You’ ya Londonbeat, ‘I Wanna Dance With Somebody’ ya Whitney Houston n’izindi zitandukanye.

Mu mwanya DJ King Reg yahaye yanyuze mu ndirimo zitaherukaga mu matwi ya benshi kandi zakunzwe harimo ‘U Remind Me’ ya Usher, ‘In Da Club’ ya 50 Cent, ‘California Love’ ya 2Pac na Dr. Dre, ntiyasiga iz’igihugu cyamubyaye zirimo ‘Ubumanzi’ na ‘Tarihinda’ zaririmbwe na Cecile Kayirebwa.

Aba ba-DJ nibo bacuranze muri ibi birori bonyine mu gihe Dj Toxxyk ndetse na Selecta Faba bari bategerejwe muri iki gitaramo batigeze bahagera.

Uretse kwishimisha, umunyamakuru Fuadi Uwihanganye ari mu banyamahirwe babiri batsindiye mudasobwa ebyiri zatanzwe na Golden K Technology.

 

 

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul July 28, 2024 July 28, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

U Rwanda rwemereye inzira Ingabo za SADC ziri i Goma

April 21, 2025
Ubukungu

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byongeye kugabanuka

June 5, 2024
Imikino

APR BBC yasubiriye REG BBC

September 7, 2023
Andi makuru

Ingabo za EAC muri Congo zongerewe manda, hemezwa ko M23 ijyanwa mu kigo cya Rumangabo

June 1, 2023
Imyidagaduro

Jennifer Lopez yikomye abakomeje kumwibasira bamuba ibye n’umugabo we

May 23, 2024
Imyidagaduro

Ibidasanzwe kuri Camilla Cabello uherutse gusura Ingagi mu birunga .

January 5, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?