SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Prince Harry akomeje kwerekana ko yifuza gusubira Ibwami
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Utuntu n'utundi > Prince Harry akomeje kwerekana ko yifuza gusubira Ibwami
Utuntu n'utundi

Prince Harry akomeje kwerekana ko yifuza gusubira Ibwami

Ahupa Radio
Last updated: 2024/07/11 at 2:59 PM
Ahupa Radio
Share
2 Min Read
SHARE

Igikomangoma Harry cy’u Bwongereza nyuma y’imyaka ine (4) yareguye ku nshingano ze akajya kwibera muri Amerika hamwe n’umugore we Meghan Markle, ubu biravugwa ko yaba yifuza gusubira i Bwami.

Kimwe mu bikunze gukarukwaho mu itangazamakuru ryo mu Bwongereza, ni umubano w’abanyamuryango b’i Bwami cyane cyane Igikomangoma Harry cyateye umugongo abavandimwe be n’inshingano ze yari yarahawe nk’umwana w’Umami Charles wa III.

Nyuma y’igihe Harry n’umuryango we badacana uwaka, yewe yaranasohoye igitabo yise ‘Spare’ kirimo amabanga y’i Bwami hamwe na filime ‘Harry & Meghan’ yanyujije kuri Netflix aho yerekanye impamvu zatumye ajya kuba muri California zirimo kuba umuryango we utarakundaga umugore we Meghan Markle ndetse ko bamwe mu banyamuryango we bamukoreye ibikorwa by’irondaruhu.

Ibi byose byakomeje gushyira umwuka mubi hagati ya Prince Harry n’umuvandimwe we Prince William hamwe na King Charles III. Kuri ubu ikinyamakuru The Independent UK cyantangaje ko aho ibintu bigeze Prince Harry yaba ari gutekereza gusubira i Bwami agasubirana inshingano ze.

Iki kinyamakuru cyakomeje kivuga ko amakuru aturuka ku bantu bamwegereye avuga ko kuva yamenya ko Se King Charles III arwaye indwara ya Kanseri ko yahise yifuza gusubira iwabo, ndetse ko nubwo aheruka ku musura mu kiganiro bagiriye mu ngoro  ya Buckingham Palace bagarutse ku kuba yaza agafata inshingano ze yari yarasize.

Ikindi ngo cyihishe inyuma yo kuba Prince Harry yifuza gusubira kuba i Bwami ni uko ashaka kubaka umubano n’umuvandimwe we Prince William agashyira mu bikorwa icyifuzo cya Se wabasabye ko bakwiyunga mu maguru mashya mbere y’uko uburwayi bwe bufata indi ntera bikaba byanamuviramo urupfu.

Gusa kandi The Independent UK ivuga ko indi mpamvu iri gutuma Prince Harry ashaka gusubira i Bwami n’umuryango we, ni uko atajya imbizi na Donald Trump uherutse kuvuga ko naramuka yongeye gutorerwa kuyobora Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yahita yirukana Prince Harry agasubira mu Bwongereza. Ibi rero byatumye Harry agira amakenga yo kuba Trump yasubira kuba Perezida bikamugiraho ingaruka.

You Might Also Like

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

Meet Amb. Kingsley Amafibe A Vocal Advocate Of Unity and Peaceful Co-existence

Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

Donald Trump na Kamala Harris guhurira mu kiganiro mpaka

Ahupa Radio July 11, 2024 July 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Uburusiya bwashyize impapuro zo guta muri yombi umucamanza Tomoko Akane wa ICC

August 2, 2023
Imyidagaduro

Abazitabira igitaramo cy’Amore Valentine’s kizaririmbamo Kidumu bashyizwe igorora

January 29, 2025
Imyidagaduro

Iserukiramuco rya ‘Oldies Music Festival’uyu mwaka rizarangwa n’udushya twinshi

May 6, 2025
Imyidagaduro

Abanyarwenya n’abasizi mubazitabira ibirori bya Rwanda Performing Arts Festival 2024

March 8, 2024
Imikino

Police FC yegukanye igikombe cy’Intwari 2024 mu mukino wabayemo imvururu

February 1, 2024
Imyidagaduro

Imbamutima za Niragire Marie France wishimira ibyo yagezeho nyuma y’imyaka 30 u Rwanda rwibohoye

March 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?