SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Abarimo abanyamerika ,Abongereza n’Ababiligi mu bashatse guhirika ubutegetsi muri RDC bashobora gukatirwa urwo Gupfa
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Utuntu n'utundi > Abarimo abanyamerika ,Abongereza n’Ababiligi mu bashatse guhirika ubutegetsi muri RDC bashobora gukatirwa urwo Gupfa
Utuntu n'utundi

Abarimo abanyamerika ,Abongereza n’Ababiligi mu bashatse guhirika ubutegetsi muri RDC bashobora gukatirwa urwo Gupfa

Ahupa Radio
Last updated: 2024/06/11 at 11:58 AM
Ahupa Radio
Share
1 Min Read
SHARE

Imbere y’urukiko rukuru rw’i Kinshasa haherutse kubera urubanza rubanziriza urwo mu mizi ubushinjacyaha bwa gisirikare buregamo abantu 50 bashakaga guhirika ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bigapfuba.

Abitabye icyo gihe barimo abakomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ariko bafite ubwenegihugu bw’Ubwongereza, Amerika, Canada n’Ububiligi.

Ibyo baregwa nibibahama bazahanishwa urwo gupfa nk’uko iki gihano giherutse kwemezwa ko gikwiye gutangira gushyirwa mu bikorwa.

Taliki 19, Gicurasi, 2024 nibwo abantu bari bambaye gisirikare bagabye igitero ku rugo rwa Vital  Kamerhe bashaka kumuhitana ariko bica abapolisi babiri bamurindaga.

Nyuma bakomereje ku Biro by’Umukuru w’Igihugu binjiramo batangira gucisha ku mbuga nkoranyambaga amashusho y’ibyo bakoraga ariko ntibatinze gufatwa n’ingabo zirinda Umukuru w’igihugu.

Uwari ubayoboye witwa Christian Malanga we yararashwe arapfa.

Umwe mu baburanira uregwa muri uru rubanza ufite ubwenegihugu bwa Amerika yabwiye Reuters ko hakiri kare ko bagira icyo bavuga ku cyifuzo batanze cy’uko uwo Munyamerika yakoherezwa iwabo akaba ari ho aburanishirizwa.

You Might Also Like

Tomiko Itooka wari ukuze kurusha abandi kw’isi yitabye Imana ku myaka 116

Meet Amb. Kingsley Amafibe A Vocal Advocate Of Unity and Peaceful Co-existence

Namibia yangiye ubwato bwa MV Kathrin bwari butwaye intwaro muri isarel guhagara ku cyambu cyayo

Bahati Makaca yikomye abategaga urugo rwe iminsi

Donald Trump na Kamala Harris guhurira mu kiganiro mpaka

Ahupa Radio June 11, 2024 June 11, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Jacob Zuma wabaye Perezida w’Afurika y’Epfo yarokotse Impanuka

March 29, 2024
Andi makuru

#Kwibuka31: Ntabwo twibuka kugira ngo tugume mu gahinda ahubwo twibuka kugira ngo turinde ejo hazaza : Kate Bashabe

April 10, 2025
Andi makuru

Perezida Trump yishimiye uko yakiriwe n’igikomangoma Bin Salman cy’Arabie Soudite

May 13, 2025
Imyidagaduro

Umunyamideli Moses washize Moshions yemereye urukiko ko akoresha ibiyobyabwenge

May 10, 2023
Andi makuru

Umwana w’imyaka 10 yiciwe mu gitero cyagabwe kuri bus muri Cisjordanie

December 12, 2024
Imyidagaduro

The Weekend yaciye amarenga yo guhindura izina ry’ubuhanzi

January 13, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?