SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Papa Francis yicujije ku magambo yavuze ku bagabo baryamana bahuje ibitsina
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Papa Francis yicujije ku magambo yavuze ku bagabo baryamana bahuje ibitsina
Andi makuru

Papa Francis yicujije ku magambo yavuze ku bagabo baryamana bahuje ibitsina

Wakibi Geoffrey
Last updated: 2024/05/29 at 7:50 PM
Wakibi Geoffrey
Share
2 Min Read
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yasabye imbabazi ku magambo byavuzwe ko yavuze atesha agaciro abagabo baryamana bahuje ibitsina, avuga ko atari agamije kugira uwo akomeretsa.

Itangazo Vatican yashyize ahagaragara risobanura ko Papa nta muntu yari agamije gukomeretsa ndetse “asabye imbabazi uwo iryo jambo ryakomerekeje.”

BBC yanditse ko ubwo yari mu nama y’Abepisikopi mu Butaliyani, Papa Francis yavuze ko abagabo baryamana n’abo bahuje ibitsina batagomba kwemererwa kwiga amasomo abinjiza mu mirimo ya gisaseridoti.

Umuyobozi Mukuru w’Ibiro bya Papa, Matteo Bruni yatangaje ko nubwo iyi nama yabereye mu muhezo ariko yanditsweho ibintu byinshi ndetse Papa yabimenye byose.

Matteo Bruni ati “Papa ntabwo yari agamije kugira uwo ababaza cyangwa gutesha agaciro abagabo baryamana bahuje ibitsina ndetse asabye imbabazi buri wese wababajwe cyangwa wakomerekejwe n’ijambo ryakoreshejwe.”

Yagaragaje ko mu bihe bitandukanye Papa Francis yagiye atangaza ko abantu bose bahawe ikaze muri Kiliziya Gatolika kuko nta muntu udafite icyo yamarira Isi.

Abashyigikiye Papa Francis batangaza ko hari impinduka zabayeho mu bihe bitandukanye cyane cyane uburyo Kiliziya Gatolika ifata abaryamana bahuje ibitsina n’uburenganzira bahabwa.

Mu minsi mike ishize Papa Francis yagaragaje ko mu bihe bibaye ngomba abaryamana bahuje ibitsina bajya bahabwa umugisha gusa abepisikopi bo mu bice byinshi by’Isi bamaganiye kure iyi ngingo.

 

You Might Also Like

Perezida Tshisekedi yahaye indabo Minisitiri Kayikwamba amushimira akazi ari gukora

Corneille Nangaa yatangaje ko M23 igiye gusimbura FRDC yasenyutse

Abanyarwanda Sadati Munyakazi,Clare Akamanzi na Bruce Melodie mu bazitabira inama ya 100 Most Notable Africans Leadership and Business Summit 2025

Perezida Paul Kagame yifurije abayisilamu bo mu Rwanda umunsi mwiza wa Eid AL Adha

Abayisilamu bo mu Rwanda bizihije umunsi mukuru wa Eid Al Adha

Wakibi Geoffrey May 29, 2024 May 29, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Perezida Kagame na Tshisekedi barahurira mu nama muri Congo Brazzaville

October 28, 2023
Imikino

Sitting Volleyball: U Rwanda rwasezerewe mu Gikombe cy’Isi!

November 17, 2023
Andi makuru

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikiriye Umunyamabanga mukuru wa Loni impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

May 23, 2025
Imyidagaduro

Yago ahatanye na Linda Montez, Malani Manzi na Shemi mu Isango na Muzika Awards 2023

October 18, 2023
Imyidagaduro

Umukinnyi wa Filime Bahavu Janet yavuye mu bihembo bya Inganji Awards

January 15, 2025
Imyidagaduro

Dj Rusam n’umukunzi we Alex Tlex basezeranye imbere y’amategeko

June 7, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?