SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Riderman yavugishije abatari bake nyuma yo kuvuga ko ashaka kwiyamamariza kuba umudepite
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Riderman yavugishije abatari bake nyuma yo kuvuga ko ashaka kwiyamamariza kuba umudepite
Imyidagaduro

Riderman yavugishije abatari bake nyuma yo kuvuga ko ashaka kwiyamamariza kuba umudepite

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/21 at 7:19 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram, Riderman yatangarije abamukurikira ko ari mu mushinga wo kwiyamamariza kuba Umudepite icyakora akaba abura imikono 300, benshi babisamira hejuru bagize ngo arakomeje nyamara we ngo yiganiriraga.

Riderman yanditse ati “Ndabura imikono 300 gusa ngo mbashe kwiyamamariza kuba depite, ese mwamfasha kuyuzuza Ese mu Rwanda byashoboka ko umu Rasta aba depite uhagarariye urubyiruko?”

“Ese ni ibiki mwifuza ko depite uhagarariye urubyiruko yavuganira urubyiruko? Ese aba depite bahagarariye urubyiruko mu myaka yashize, umusaruro wabo murawubona? Ni izihe mpinduka urubyiruko rwifuza mu nteko ishinga amategeko?”

Mu kiganiro gito na IGIHE, Riderman yavuze ko ibyo kwiyamamaza byo yiganiriraga nkuko yanabyanditse, ariko mu by’ukuri yifuzaga kureba ibitekerezo by’abamukurikira ku ngingo zinyuranye yatangaje.

Riderman yavuze ko nta gitekerezo cyo kwiyamamaza nk’umukandida wigenga afite yongeraho ko ari kwishimira kubona uburyo abantu bamufitiye icyizere nkuko bari kubimugaragariza bamwizeza kumushyigikira.

Ibitekerezo birenga 270 byari bimaze gutangwa ku byo Riderman yatangaje byose byagaragazaga ko benshi bishimiye kuba uyu muraperi yaba agiye kwiyamamaza ndetse bamwe ntibigeze banita ku ijambo yongeyeho ko yiganiriraga.

Kuva ku itariki 17 Gicurasi 2023 Komisiyo y’Igihugu y’amatora yatangiye kwakira ibyangombwa by’abifuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika n’abakandida mu Nteko ishinga amategeko.

 

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul May 21, 2024 May 21, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Yvonne Manzi Makolo yatangiye kuyobora Inama y’Ubutegetsi ya IATA.

June 5, 2023
Andi makuru

APR WBBC na REG WBBC zatsindiwe muri Tanzania, zihurira ku mukino w’umwanya wa gatatu

September 9, 2021
Imyidagaduro

P Diddy akomeje kwicuza nyuma y’amashusho akubita uwari umukunzi we

May 20, 2024
Andi makuru

Guverinoma y’u Rwanda yihanganishije ababuriye ababo mu mpanuka ya bisi nini

February 12, 2025
Andi makuru

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC yongeye kwikoma u Rwanda

January 7, 2025
Andi makuru

Perezida wa Czech Général Petr Pavel aragirira uruzinduko mu Rwanda

April 5, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?