SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .
Andi makuru

Perezida Mamadi Doumbouya yishimiye urugendo rwa Perezida Kagame muri gihugu cye .

Ahupa Radio
Last updated: 2024/05/15 at 11:53 AM
Ahupa Radio
Share
3 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika ya Guinea Lt. Gen. Mamadi Doumbouya, yagaragaje umunezero yasigiwe no kwakira Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, mu ruzinduko rw’amasaha make yagiriye i Conakry ku wa Mbere tariki ya 13 Gicurasi 2024. 

Yavuze ko yasigiwe urwibutso rukomeye no kwakira Perezida Kagame afata nk’umuvandimwe n’inshuti, muri urwo ruzinduko rukurikira urundi yagiriye muri icyo gihugu mu mwaka ushize.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, Perezida Lt. Gen. Doumbouya yagize ati: “Uru ruzinduko rushya, rubaye nyuma y’umwaka w’urukurikira urwabanje, rushimangira ubudashyikirwa bw’umubano w’ibihugu byacu wa kivandimwe kandi wa gishuti, ndetse byongerera imbaraga umubano wa Conakry na Kigali.”

Yavuze ko muri urwo ruzinduko rugufi ariko rufite igisobanuro gikomeye, we na Perezida Kagame bagize amahirwe yo guhura na Hadja André Touré, umugore wa  Perezida wa mbere wa Guinea yigenga Ahmed Sékou Touré.

Touré yayoboye Guinea guhera mu 1958 kugeza ubwo yagwaga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu 1984 afite imyaka 62, akaba ari umwe mu mpirimbanyi za Politiki zaharaniye ubwigenge bwa Guinea yakolonijwe n’u Bufaransa.

Ati: “Uko guhura kwasize ikimenyetso n’imbamutima, kutwibutsa umurage wacu ukungahaye ndetse n’umuhate wo gukunda igihugu uturangaje imbere.”

Lt. Gen. Doumbouya na Perezida Kagame bagiranye ibihe byiza na Hadja André Touré, uwo mwanya ukaba wafashwe nk’ikimenyetso gikomeye cy’ubushake bwabo bwo kuvoma ubumenyi ku hahise bwifashishwa mu guhangana n’ingorane zo muri ibi bihe.

Umukuru w’Igihugu cya Guinea yakomeje agira ati: “Uyu mwanya ukomeye w’uruzinduko rwa gishuti rwa Perezida w’u Rwanda, uturarikira gushakira igihugu cyacu mu birari by’abagihanze, ndetse no kwigira ku cyerekezo cyabo ngo twubake ahazaza hatanga icyizere.”

Yasabye abaturage ba Guinea ndetse n’u Rwanda gukomeza guharanira iterambere ry’uru rugendo rw’ubutwererane bugamije impinduramatwara y’ubukungu bw’abaturage.

Urwo ruzinduko rwa Perezida Kagame muri Guinea rubaye nyuma y’amezi make Perezida Mamadi Doumbouya na we agiriye uruzinduko i Kigali nk’ikimenyetso cy’ubushuti bukomeje kwaguka hagati y’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye.

Uruzinduko Mamadi Doumbouya aheruka kugirira mu Rwanda rwabaye muri Mutarama uyu mwaka, aho yasize afunguye Ambasade y’Igihugu cye i Kigali, akanakurikirana isinywa ry’amasezerano agamije kurushaho kwimakaza ubutwererane mu bya dipolomasi.

Mu nzego ibihugu byombi bikomeje kwaguramo ubufatanye harimo urwo gusangira ubunararibonye mu guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, ubutwererane mu rwego rw’ubukungu ndetse no mu birebana n’umutekano.

Na none kandi mu mezi umunani yabanjirije urwo ruzinduko, Perezida na we yasuye Mamadi Doumbouya ari na rwo ruzinduko rwa mbere Perezida Kagame yari agiriye muri icyo gihugu nyuma ya kudeta yabaye muri Nzeri 2021.

 

You Might Also Like

Kigali : Umusore wo mu kigero cy’ imyaka 20 yiyahuriye ku nyubako izwi nko kwa Makuza ahita yitaba Imana

Ambasaderi Ernest Rwamucyo yatanze impapuro zimwerera guhagararira u Rwanda muri Kenya

Canal+ Rwanda yashyize igorora abakiliya bayo ibaha Poromosiyo ya Umukiliya n’umwami

Minisitiri Mutamba Constant yitabye ubushinjacyaha ashagawe n’abunganizi 20

Perezida Kagame yasuye ishuri rikuru ry’’ikoranabuhanga ry’ubwenge bw’ubukorano muri Algerie

Ahupa Radio May 15, 2024 May 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

Kigali: Hateraniye inama y’amashami agize umuryango wa EAPCCO

April 24, 2025
Andi makuru

Urupfu rw’Umunyarwanda Fred Kamaliza waguye muri Uganda rukomeje guteza urujijo

August 22, 2023
Imyidagaduro

Skol yateguye igitaramo Nyega Nyega kizahuriramo abaraperi bakanyujijeho mu Rwanda

May 5, 2023
Imyidagaduro

Drake na Meek Mill ntibari kuvuga rumwe n’abategura Grammy Awards

February 5, 2024
Andi makuru

Nifuje gukorera igitaramo mu Rwanda kuko ni mu rugo ;Umuramyi Bigirimana Fortran

January 12, 2024
Imikino

Live :Tour du Rwanda Umwongereza Ethan Vernon ukinira Soudal-QuickStep, yongeye kwegukana agace ka Tour du Rwanda 2023, ( Amafoto )

February 20, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?