SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Clapton Kibonge yashyize hanze ibice bya mbere bya Filime Icyaremwe Gishya yakoze nyuma yo kuva mu bitaro
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Clapton Kibonge yashyize hanze ibice bya mbere bya Filime Icyaremwe Gishya yakoze nyuma yo kuva mu bitaro
Imyidagaduro

Clapton Kibonge yashyize hanze ibice bya mbere bya Filime Icyaremwe Gishya yakoze nyuma yo kuva mu bitaro

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/15 at 11:54 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

 

Umunyarwenyak aba n’umukinnyi wa Filime  Mugisha Emmanuel  uzwi nka  Clapton Kibonge  nyuma  y’igihe kitari gito avuye mu bitaro aho yabazwe Igihaha  yashyize hanze Filime ye nshya y’uruhererekane yise icyaremwe gishya

Uyu mubyeyi w’abana babiri  ukunzwe  muri filime nka ‘Mugisha na Rusine’ ndetse n’iyitwa ‘Umuturanyi’ yatangarije  umunyamakuru wacu  ko mu mpera z’umwaka ushize ubwo yari mu bitaro bamaze kumubaga igihaha aribwo yagize igitekerezo cy’iyi filime ye nshya yise ‘Icyaremwe gishya’.

Ati “Mu gihe nari mu bitaro nibwo nicaye ndareba nsanga ibintu duhirimbanira nta mumaro, amafaranga nta mumaro wayo, ubwamamare nta mumaro wabwo, ikintu kugeza uyu munsi wavuga ko gifite umumaro ni ukuba uriho. Aho niho hakomotse igitekerezo cya filime yanjye nshya.”

Clapton Kibonge yavuze ko iyi filime izibanda ku buzima busanzwe, ubutumwa burimo bukaba kwigisha abantu ko iby’Isi ari ubusa icy’ingenzi ari uko umuntu aba ari muzima.

Uretse Clapton Kibonge ugaragara muri iyi filime, irimo abandi bakinnyi bamaze kubaka amazina nk’umunyarwenya Mavide, Musebeyi wamenyekanye muri filime Umuturanyi, Madedeli wamenyekanye muri Papa Sava n’abandi.

Iyi filime imaze gusohokaho uduce tubiri, Clapton Kibonge yavuze ko izajya isohoka kabiri mu cyumweru, mu gihe ahamya ko ntacyo izabangamiraho imishinga isanzwe.

Ku rundi ruhande Clapton kibonge yahumurije abakunzi ba Mugisha na Rusine bamaze igihe batabona ibice bishya, ahamya ko mu minsi iri imbere iri bwongere gusohoka.

Uretse izi filime, Clapton Kibonge yavuze ko ari gutegura n’indi nshya yatangiye gukoraho izatangira kujya hanze mu minsi ya vuba.

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul May 15, 2024 May 15, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuruUbukungu

Ahupa Business Network Ltd yashyize igorora abashaka serivise n’abazitanga ku rubuga rwa TopInfo

October 8, 2024
Imyidagaduro

Patoraking yasuye abanyeshuri afasha biga muri African Leadership University I Kigali

May 6, 2024
Andi makuruIyobokamana

Frére Diogène Hakorimana yashyinguwe mu cyubahiro mu muhango wayobowe na

March 17, 2025
Imikino

Icyo imibare ivuga kuri Tour du Rwanda 2024

February 17, 2024
Imyidagaduro

P Diddy ibye bikomeje gusubira irudubi yatawe muri yombi

September 17, 2024
Andi makuru

Airtel Rwanda yatangije uburyo bushya bwa 4G (VoLTE).

November 19, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?