SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: The Ben yiseguye kuri Bull Dogg bakoranye indirimbo Rotate ntisohoke
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > The Ben yiseguye kuri Bull Dogg bakoranye indirimbo Rotate ntisohoke
Imyidagaduro

The Ben yiseguye kuri Bull Dogg bakoranye indirimbo Rotate ntisohoke

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/05/15 at 12:09 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

The Ben yasabye imbabazi Bull Dogg bakoranye indirimbo yitwa ‘Rotate’ ariko ntisohoke bitewe n’indi yitwa ‘Why’ yakoranye na Diamond Platinumz wo muri Tanzania.

 

Indirimbo ‘Rotate’ yaganaga ku musozo kuko n’amashusho yayo yari yaramaze gufatwa. Gusa ubwo igihe cyo kuyishyira hanze cyari kigeze, The Ben yasabye Bull Dogg kuba ayiretse kugira ngo asohore ‘Why’.

Nyuma Bull Dogg yongeye kwibutsa The Ben noneho ko indirimbo yajya hanze, The Ben amusubiza ko itakijyanye n’igihe ahubwo azamusubiza amafaranga yayishoyemo angana na miliyoni 2 Frw cyangwa se bakazakora indi ijyanye n’igihe.

Mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mu ijoro ryo ku itariki 8 Gicurasi 2024, The Ben yatangaje ko we na Bull Dogg bazakora indi ndirimbo kandi ko yasabye mugenzi we imbabazi ku bw’iki cyemezo yafashe.

Yagize ati “Bull Dogg naramwandikiye, musaba imbabazi. Muri iki gihe ntabwo ari ugusohora indirimbo uko wishakiye, habanza kubaho kuganira kuri sosiyete izacuruza iyo ndirimbo yaba iyanjye cyangwa se iya Bull Dogg. Ndi umufana wa Bull Dogg, turi umuryango. Ndabizeza ko tuzakora indirimbo mu gihe gikwiriye, igasohoka kandi izagera ku Banyarwanda.”

The Ben si ubwa mbere azaba akoranye indirimbo na Bull Dogg kuko ubwo bose bari bacyishakisha, bakoranye iyitwa ‘Imfubyi’ yabiciye bigacika.

Mu mpera mpera za 2022, Bull Dogg yabwiye itangazamakuru ko The Ben yamunanije kandi yamuhemukiye kubera iyi ndirimbo.

Ati “Reka mbabwize ukuri. Uriya mutipe yarananiye, yarananije, naramwihoreye kandi sinzongera kubivugaho. Indirimbo ifite amashusho yararangiye na hano ndayifite kuri telefoni.”

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul May 15, 2024 May 10, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Andi makuru

AFC/M23 yafashe Santere ya Nyabiondo muri Teritwari ya Masisi

March 10, 2025
Imyidagaduro

Igitaramo cy’Imandwa cyari cyateguwe Rutangarwamaboko cyasubitswe

November 10, 2023
Imyidagaduro

Justin Bierber n’umugore Hailey Baldwin bagiye kwibaruka imfura yabo

May 10, 2024
Imyidagaduro

Nzovu na Yaka bongeye gutumirwa muri gitaramo cya Gen-Z Comedy

April 30, 2025
Imyidagaduro

ZeoTrap,Bushali,Nel Ngabo,Ariel wayz na Kevin Kade binjije abanyamusanze muri noheli neza

December 27, 2024
Imyidagaduro

Clapton Kibonge yashyize hanze ibice bya mbere bya Filime Icyaremwe Gishya yakoze nyuma yo kuva mu bitaro

May 15, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?