SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imikino > Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue
Imikino

Perezida Kagame yavuze kukuvamo kwa Arsenal muri 1/2 cya UEFA Champions Ligue

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/04/18 at 12:15 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida Paul Kagame  umwe mu bakunda imikino, akaba umufana wa Arsenal yo mu Bwongereza, yavuze ko ikipe ya Bayern Munich yo mu Budage ishobora guhigika Real Madrid yo muri Espagne.

Kuri Perezida Paul Kagame n’abafana ba Arsenal ijoro rya tariki 17 Mata 2024 ryari ribi cyane nk’umugoroba wo ku cyumweru tariki 14 Mata, 2024 ubwo iyi kipe ku kibuga cya Emerates Stadium yatsindwaga na Aston Villa ibitego 2-0 muri shampiyona bigatangira gutera igitutu ku bafana bumvaga ko gutwara shampiyona bishoboka.

Perezida Paul Kagame avuga kuba ikipe ya Arsenal yakuwe mu irushanwa na FC Bayern Munich mu ijoro ryo ku wa Gatatu ku kibuga Allianz Arena (1-0 aggregate 3-2), yagaragaje ko akiyifite ku mutima.

Yagize ati “Nubwo bavuyemo Arsenal iracyari ikipe yange. Congratulations- #FCBayernM.!!!”

Uretse Arsenal yatwaye uruhande runini rw’umutima w’Umukuru w’igihugu mu bijyanye na Football, ndetse iyi kipe ikaba ifitanye imikoranire n’u Rwanda muri gahunda yo gushishikariza abakerarugendo gusura u Rwanda, amakipe yandi akorana n’u Rwanda muri iyi gahunda yakomeje mu cyiciro gikurikira.

Paris St Germain yo mu Bufaransa yakuyemo FC Barcelona yo muri Espagne/Spain, izakina na Borussia Dortmond yo mu Budage muri ½ cy’irushanwa.

Bayern Munich na yo ikorana n’u Rwanda muri gahunda ya #VisitRwanda izahura na Real Madrid (yakuyemo Manchester City kuri penalty 4-3 aggregate 4-4), bivuze ko imwe mu makipe yo mu Budage yagera ku mukino wa nyuma wa UEAFA Champions Ligue cyangwa akaviramo rimwe.

Perezida Paul Kagame asanga bishoboka akifuriza Bayern Munich kuzatsinda.

Yagize ati “FC Bayern Munich nikomeza ifite ubushake n’umuhate yagaragaje, ntibyananirana gukuramo Real Madrid …Ni ko football imera!!”

– Advertisement –

Paul Kagame nubwo Arsenal itatwara shampiyona y’Ubwongeraza, ikaba itanatwaye UEFA Champions Ligue, azishimira ko kureba kure kwe kwatumye gukorana n’aya makipe byongera umubare w’abasura u Rwanda, azanishimira ko andi makipe y’ibigugu akorana n’u Rwanda imwe muri zo ishobora kugera ku mukino wa nyuma ikaba yanatwara igikombe.

You Might Also Like

PSG yegukanye igikombe cya champions League itsinze Inter Milan 5-0(Amafoto)

Winner Rwanda yafunguye ubwidagaduriro bw’abana mu murenge wa Gitega

Abantu 27 harimo abana 4 bakomerekeye mpanuka mu birori byo kwishimira igikombe Liverpool yegukanye

Jose Chameleon na Weasel bazatarama mu birori byo kwishimira Ibikombe APR FC yegukanye

Munyakazi Sadate yasezeranyije Perezida Kagame kuzazana ibikombe mpuzamahanga mu Rwanda

Nsanzabera Jean Paul April 18, 2024 April 18, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Star Boy wamenyekanye mu kwambika ibyamamare agiye kurushinga n’umukunzi we Fanny

February 28, 2023
Imyidagaduro

Itsinda ‘Tag Team’ ritegerejwe muri ‘Kigali Auto Show’ ryageze i Kigali

August 3, 2024
Imyidagaduro

P Diddy yashimangiyeko yishyura 5000$ Sting kubera indirimbo ye ‘Every Breath You Take’

April 18, 2023
ImikinoImyidagaduro

Kikac Music na Ferwacy bateguriye ibitaramo abazitabira Tour du Rwanda 2023

January 13, 2023
Andi makuru

Gitega: Impanuka ya Bus yakomerekeyemo benshi

March 12, 2025
Imyidagaduro

Danny Vumbi yasangije abafana be zimwe mu ndirimbo ziri kuri alubumu ye yise 365

April 1, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?