SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Alyn Sano yiyongereye ku bandi bahanzi benshi bijiye mu bucuruzi bufite aho buhuriye n’umuziki wabo
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Alyn Sano yiyongereye ku bandi bahanzi benshi bijiye mu bucuruzi bufite aho buhuriye n’umuziki wabo
Imyidagaduro

Alyn Sano yiyongereye ku bandi bahanzi benshi bijiye mu bucuruzi bufite aho buhuriye n’umuziki wabo

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/30 at 12:08 PM
Nsanzabera Jean Paul
Share
1 Min Read
SHARE

Nyuma gushyira hanze album ye ya mbere yise ‘Rumuri’, Alyn Sano yamaze gushyira ku isoko imyenda n’ibindi bikoresho yayitiriye.

Uyu muhanzikazi abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yatangiye kwamamaza imyenda n’ibindi bikoresho bifite ibirango bya album ye yise ‘Rumuri’ yamaze gushyira ku isoko.

Ibi bicuruzwa byiganjemo imyenda biri kugurishirizwa ku rubuga rwa ‘Icqon’ aho biri kugurishwa hagati ya 20USD-35USD (ibihumbi 20Frw-35Frw).

Mu kiganiro na kimwe mu binyamakuru  bya hao mu Rwanda  Alyn Sano yavuze ko yashyize ku isoko ibi bicuruzwa nyuma y’ubusabe bw’abakunzi be batahwemye kubimusaba bityo ahamya ko cyari igihe cyo kubasubiza.

Ku rundi ruhande ni umuhanzikazi uhamya ko abakunzi be bakwiye kugura ibi bicuruzwa mu rwego rwo kumushyigikira.

Ati “Umuhanzi uba usanga uretse gukora umuziki yagatekereje ibindi bintu byamwinjiriza, ni uko rero nyuma yo kujya inama n’abantu batandukanye niyemeje gushyira ku isoko imyenda n’ibindi bicuruzwa byatuma abantu banjye banshyigikira.”

Mu mpeshyi y’umwaka ushize nibwo Alyn Sano yasohoye album ye ya mbere yise Rumuri ikaba imwe mu zimaze iminsi zigezweho mu muziki w’u Rwanda.

Iyi album igizwe n’indirimbo 13 harimo izikubiyeho umuziki wumvikanamo ibicurangisho nyarwanda, Abasaamyi bo ku Nkombo n’ibindi bitandukanye.

You Might Also Like

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Igitaramo cyo kumurika alubumu nshya ya Bebe Cool kitabiriwe n’ibyamamare byinshi (Amafoto)

Bebe Cool ntiyemeranywa na Eddy Kenzo ukomeje kuvuga ko abahanzi ba Uganda basuzuguwe

Alliah Cool na Kevin Kade mu byamamare byitabiriye ubukwe bwa Juma Jux I Dar Es Salaam

Chameleone na Weasel bishimiye ibikorwa by’ishuri rya muzika rya Nyundo

Nsanzabera Jean Paul March 30, 2024 March 30, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imikino

Nshimiyimana Yunusu ni myugariro witwara neza: Umutoza wa APR FC nyuma yo kunganya na AS KIGALI!

November 27, 2023
Andi makuru

NYANZA : Abaturage baravuga ko bagorwa no kubona serivize z’ubutaka

December 17, 2024
Imikino

Perezida Kagame yakiriwe na Infantino ku cyicaro cya FIFA i Paris

July 26, 2024
Imyidagaduro

Nyuma y’imyaka 2 Jay Polly yitabye Imana yibutswe n’inshuti ze n’Umuryango we

September 3, 2023
Ubuzima

Amarira n’agahinda kenshi mu muhango wo gushyingura Dr Alfred Paul Jahn (Amafoto)

June 20, 2024
Imyidagaduro

Itorero Intayoberana ryunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bashyinguye mu rwibutso rwa Kigali

May 16, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?