SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Itorero Inyamibwa bijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka cy’Inkuru ya 30
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Imyidagaduro > Itorero Inyamibwa bijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka cy’Inkuru ya 30
Imyidagaduro

Itorero Inyamibwa bijeje abanyarwanda igitaramo cy’amateka cy’Inkuru ya 30

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/19 at 7:02 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
3 Min Read
SHARE

Itorero Inyamibwa AERG, ryasobanuye ko igitaramo ‘Inkuru ya 30’ ryateguye gifite igisobanuro gikomeye gisanishwa n’amateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda bamaze imyaka 30 babohowe nyuma y’indi ingana ityo bari mu buhungiro.

Byasobanuriwe mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye ku wa Mbere tariki 18 Werurwe 2024, Umuyobozi w’Itorero Inyamibwa AERG, Rusagara Rodrigue yari yahuriyemo n’abafatanyabikorwa b’iri torero.

Igitaramo Inkuru ya 30, cy’Itorero Inyamibwa AERG giteganyijwe kubera muri BK Arena, tariki 23 Werurwe 2024.

Rusagara yasobanuye ko Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bamaze imyaka 30 bategura kubohora igihugu cyabo, aho kuri ubu babigezeho hakaba hashize imyaka 30 yo kubaka u Rwanda.
Yavuze ko kuva 1959-1989, hari hashize imyaka 30, abo Banyarwanda bari mu buhungiro bigeze mu 1990, FPR Inkotanyi itangiza urugamba rwo kubohora igihugu.

Ku rundi ruhande, kuva urwo rugamba rurangiye mu 1994 kugeza mu 2024, hashize imyaka 30.

Ati “Impamvu rero twahisemo gukora iki gitaramo cy’inkuru ya 30 kuko nta kindi gihe iyo myaka izongera guhura.”

Iri torero ryashinzwe mu 1998, i Butare mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda. Abarishinze bagira ngo bashyireho urubuga rwo gufasha Abanyamuryango ba AERG kwivana mu bwigunge.

Rusagara ati “Intego y’Inyamibwa kwari ukugira ngo abanyamuryango bikure mu bwigunge, kubera ko ntabwo twabyinaga gusa ahubwo twanakoraga imikino cyangwa amakinamico.”

Rusagara yavuze ko bateguye iki gitaramo kugira ngo bishimire imyaka 30 ishize u Rwanda rubohowe ariko no kwishimira ibyo ubuyobozi bwiza bwagejeje ku Banyarwanda.

Ati “Imyaka 30 ni uko u Rwanda rwaduhaye uwo mwanya n’urwo rubuga rwo gukoreramo ibyo bintu byose, ni uko baduhaye urubuga rwo gutarama. Kubera ko ntabwo watarama, ntabwo wabyina udafite umutekano, udafite iryo terambere.”

Yakomeje agira ati “Ni iterambere, ni ukuvuga ibigwi tutabona uko dushimira. Bivuze amahoro, iterambere, ibyishimo.”

Iki gitaramo kizaba kirimo umwanya wo gutarama, kubyina, aho iri torero rizabyina imbyino zitandukanye ariko noneho hakabaho kuzihuza n’amateka ndetse n’igihe igihugu kigezemo. Ikindi gice gito ni icy’amateka.

Iki gitaramo cyatewe inkunga n’ibigo bikomeye hano mu Rwanda RNIT Iterambere Fund ,BRD.Horizon Express.Camellie Coffe,Itec Ltd.1:55AM,Sanlam,RBA ni bindi byinshi

Biteganyijwe ko igitaramo Inkuru ya 30 kizaba tarikibya 23 Werurwe 2024 muri BK Arena aho kwinjira ari 5000Frw ,10.000Frw,20.000Frw,25.000Frw ,30.000Frw na 300.000Frw ku neza y’abantu 8

You Might Also Like

Bwiza yashyize hanze amashusho y’indirimbo Nasara ashimira Producer Loader wamubaye hafi mu rugendo rwe

Umunyarwenya Dr Kingsley wigaruriye imitima y’abanyarwanda agiye gukorera igitaramo I Kigali

Kera kabaye Kenny Sol yasohotse muri 1:55 AM

Asinah Erra yagejeje ikirego cy’umunya-eritrea uherutse kumukubita urushyi muri RIB

EAP na MTN Rwanda bateguje ibitaramo bya iwacu na Muzika muri iyi mpeshyi

Nsanzabera Jean Paul March 19, 2024 March 19, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Riderman yashimiye umubyeyi we wamubujije gukora indirimbo zimuteranya n’inshuti ze

October 20, 2023
Imyidagaduro

Abba Marcus Mayanja yongeye kwikoma se umubyara nyuma yo gusubizwa mu bitaro

February 20, 2025
Andi makuru

MINUBUMWE yatangaje gahunda yuko ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31 bizagenda

April 1, 2025
Andi makuru

RDB yateye utwatsi ibikomeje kubeshywa na Guverinoma ya RDC mu bafatanyabikorwa bayo

February 20, 2025
Imikino

Murenzi Abdallah na Nkuranga Alphonse beguye mu buyobozi bwa FERWACY

August 31, 2023
Imyidagaduro

Itorero Urukerereza ryataramiye mu iserukiramuco riri kubera muri Ethiopia

March 24, 2025

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?