SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Perezida Kagame yakiriye abize muri Ntare School yizemo imyaka 4
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Perezida Kagame yakiriye abize muri Ntare School yizemo imyaka 4
Andi makuru

Perezida Kagame yakiriye abize muri Ntare School yizemo imyaka 4

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/03/09 at 10:20 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa 8 Werurwe 2024 yasangiye n’abagize umuryango NSOBA (Ntare School Old Boys Association) bize mu ishuri ryisumbuye rya Ntare School muri Uganda.

Iri shuri Perezida Kagame yaryizemo kuva mu 1972 kugeza mu 1976. Yoweri Museveni uyobora Uganda na we yaryizemo kuva mu 1962 kugeza mu 1966. Hari n’abandi banyapolitiki bo mu bihugu byombi baryizemo.

Ibiro bya Perezida w’u Rwanda, Village Urugwiro, byatangaje ko abize muri iri shuri baturutse muri Uganda n’abari mu Rwanda bakiriwe na Perezida Kagame mbere y’uko batangira irushanwa rya Ntare Lions League.

Byagize biti “Kuri uyu mugoroba kuri Kigali Convention Center, Perezida Kagame yayoboye igikorwa cyo gusangira icyo kunywa n’abagize umuryango NSOBA baje i Kigali kurangiza irushanwa rya Ntare Lions League, mu rwego rwo kubaha icyubahiro.”

Ubuyobozi bw’iri rushanwa bwasobanuye ko iri rigizwe n’imikino irimo: umupira w’amaguru, cricket, rugby na golf, intego nyamukuru yaryo ikaba ari ugushimangira ubuvandimwe hagati y’abize muri Ntare School Uganda.

Ephraim Turahirwa uyobora NSOBA mu Rwanda, yabishimangiye, agira ati “Dutewe ishema no kwakirira i Kigali bagenzi bacu bo muri Uganda baje kurangiza irushanwa Ntare Lions League. Muri iri rushanwa ntabwo twishimira urukundo dufitiye siporo gusa, ahubwo tunakomeza ubushuti b’ubuvandimwe hagati y’abize muri Ntare School.”

Ibi byagarutsweho n’umuyobozi mukuru wa Ntare Lions League, Aaron Aroriza, wagaragaje ko kuba iri rushanwa rigiye kubera i Kigali ku nshuro ya mbere ari amahirwe ku bize muri Ntare School Uganda bose.

Ati “Gusoreza irushanwa Ntare Lions League i Kigali ni amahirwe adasanzwe kuri twebwe. Si imikino gusa, ahubwo ni ukwihuriza hamwe nk’umuryango, tugashimangira ubushuti bwacu, tukagaragaza impano n’imbaraga z’abize muri Ntare School.”

Iri rushanwa rizarangira tariki ya 10 Werurwe 2024. Ribaye mu gihe muri uyu mwaka abize muri Ntare School Uganda bitegura gufungura ku mugaragaro Ntare School Rwanda bubatse mu karere ka Bugesera, bagamije gusangiza abato ubumenyi bafite.

You Might Also Like

AFC/M23 yahishuye ko yagiranye ibiganiro na Joseph Kabila

Abasirikare 2 ba RDF baguye mu butumwa bw’amahoro bunamiwe muri Loni

Mexico : Itsinda rya abasore 5 rya Grupo Fugitivo bishwe abacuruzi b’ibiyobyabwenge

DRC :Inteko ishinga amategeko ishinga amategeko yakuyeho ubudahangarwa kuri Minisitiri Constant Mutamba

Agakiriro ka gakinjiro kafashwe n’inkongi y’umuriro hatikiriramo byinshi

Nsanzabera Jean Paul March 9, 2024 March 9, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Mulix yifashishije General Benda na Shakira Kay mu ndirimbo ye Zimbela (Video)

June 21, 2024
Andi makuruKwibuka

#Kwibuka30 : Kayonza abarokotse Jenoside barasaba ko imibiri y’abatutsi ishyinguye muri Tanzania yazanwa mu Rwanda

April 8, 2024
Imikino

Kiyovu Sports: Mugunga Yves kubera kudahembwa yanditse asesa amasezerano.

January 19, 2024
Imyidagaduro

Urubanza rw’umubyinnyi Tity Brown rwongeye gusubikwa

February 8, 2023
Imyidagaduro

#Kwibuka31 : Minisitiri Utumatwishima yifatanyje n’urubyiruko rwo mu mujyi wa Kigali mu igikorwa cyo kwibuka cya’Our Past’

April 10, 2025
Imyidagaduro

Bwiza yishimiye kuba yaratoranyijwe mu kwamamaza umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame

July 8, 2024

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?