SUBSCRIBE
AHUPA VISUAL RADIO - Live
  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Reading: Pasteur Mr Ebonyi wo muri Nigeria arashinjwa ubwambuzi bwa Miliyari 1 Frw
Share
AHUPA VISUAL RADIO - LiveAHUPA VISUAL RADIO - Live
Aa
Search
Have an existing account? Sign In
Follow US
© Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
AHUPA VISUAL RADIO - Live > Blog > Andi makuru > Iyobokamana > Pasteur Mr Ebonyi wo muri Nigeria arashinjwa ubwambuzi bwa Miliyari 1 Frw
Iyobokamana

Pasteur Mr Ebonyi wo muri Nigeria arashinjwa ubwambuzi bwa Miliyari 1 Frw

Nsanzabera Jean Paul
Last updated: 2024/02/07 at 11:32 AM
Nsanzabera Jean Paul
Share
2 Min Read
SHARE

Umupasiteri wo muri Nigeria, Mr Ebonyi yatawe muri yombi aregwa kuba yaratuburiye abayoboke be bikarangira ajyanye amafaranga yabo kuyakoresha mu nyungu ze bwite.

Theo O Ebonyi uzwi cyane nka Mr Ebonyi muri leta ya Benue, arashinjwa kunyereza  amafaranga y’abayoboke be ndetse n’abandi asaga Miliyoni y’amadorali.

Komisiyo ishinzwe ibyaha bishingiye ku ubukungu n’imari muri Nigeria (EFCC) ivuga ko Bwana Ebonyi yasabye abayoboke be kwishyura amadolari 1,300 buri wese kugira ngo abone inkunga ingana na Miliyari 20 z’amadorali muri Ford Foundation ikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Nyuma, nibwo iperereza ryakozwe na EFCC ryagaragaje ko iyi fondasiyo nta masezerano cyangwa ubufatanye yigeze igirana na Pastor Ebonyi, bisobanuye ko ibyo yakoraga ari ubutubuzi.

Pastor Ebonyi, nyuma yo gutabwa muri yombi yatangaje ko ari ibinyoma byakwirakwijwe n’abanditsi bo kuri interineti. Gusa, ntacyo yigeze atangaza ku byaha aregwa.

Si ubwa mbere uyu mukozi w’Imana atawe muri yombi, kuko n’umwaka ushize yarafunzwe nyuma aza kurekurwa, ariko kuri ubu inzego zibishinzwe ziyemeje kubishyira ku mugaragaro nk’uko umuvugizi w’ikigo gishinzwe kurwanya ruswa yabitangaje.

EFCC kandi irega Ebonyi uyobora itorero ryitwa Faith on the Rock Ministry International Church, gukoresha amafaranga yakuye mu buriganya akagura imitungo igera kuri itanu. Iyi komisiyo yanatangaje ko uyu mupasiteri azahanwa n’urukiko iperereza nirirangira nubwo hataramenyekana ibihano agomba guhabwa.

Uyu mupasiteri yahakanye iby’ifungwa rye ariko umuvugizi wa EFCC, Dele Oyeware yemeje ko afunzwe ko  nubwo iperereza ryari rigikomeje bari birinze kubitangaza kare.

 

 

You Might Also Like

Aline Gahongayire yijeje abo mu Bubiligi igitaramo cy’amashimwe

Feast and Praise Brunch igiye kuba bwa mbere muri Kigali

Mufti w’u Rwanda yahaye umukoro abanyarwanda bagiye mu mutambagiro i Maka

Papa Leon XIV yakiriye Perezida Zelensky i Vatikani

Korali Ganza Kristo yo muri ADEPR Gasave yateguye igiterane cy’amashimwe kizamara iminsi 2

Nsanzabera Jean Paul February 7, 2024 February 7, 2024
Share This Article
Facebook Twitter Email Print
Leave a comment Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

New Releases

- Advertisement -
Ad image

Trending Stories

Imyidagaduro

Cecile Kayirebwa yatumiwe mu gitaramo cyateguwe na Maurix Baru

February 2, 2024
Imyidagaduro

P Diddy agiye gutangira kuburana bwa mbere atambaye imyenda y’imfungwa

May 1, 2025
Andi makuruImyidagaduro

Mufti Sheikh Sindayigaya Mussa yiyemeje guteza imbere imishinga minini muri Islam

May 27, 2024
Andi makuru

Perezida Kagame yatangiye urugendo rw’akazi muri Kazakhstan

May 28, 2025
Andi makuru

Gen Kainerugaba yahishuye ko muri 2026 bazakuraho itegeko rihana abaryamana bahuje ibitsina

January 3, 2025
Imyidagaduro

Tyga na Avril Lavigne batandukanye nyuma y’amezi ane mu munyenga w’urukundo

June 21, 2023

Dukurikire

AHUPA VISUAL RADIO - Live

© AHUPA RADIO. All Rights Reserved.

Ibyiciro

  • Ahabanza
  • Imyidagaduro
  • Ubukungu
  • Ubukungu
  • Utuntu n’utundi
  • Imikino
  • Radio Series
  • Ubuzima
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?